• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/11/25
Kamonyi-Mugina: Imikino yabaye inzira y’Ubukangurambaga ku Isuku n’Isukura
09/11/25
Kamonyi-Karama: Operasiyo ya Polisi yavumbuye ahengerwa‘Muriture’ n’abakekwaho ibindi byaha
09/11/25
Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge
09/11/25
Kamonyi-Kayumbu/EP Giko: Hatashywe ibyumba by’amashuri 10 bakurwa mu gisa na Nyakatsi

Kamonyi-Rugalika: Ibisheke by’umuturage byatwitswe byamuhombeje asaga Miliyoni 3

Umwanditsi
September 17, 2022

Mu masaha y’I saa tanu zirengaho iminota ibarirwa mu icumi nibwo mu Kagari ka Kigese, Umurenge wa Rugalika, akarere ka Kamonyi hatwitswe umurima w’ibisheke ungana na Hegitari 2. Nyirabayazana w’iri twika ntabwo yabashije kumenyekana. Nyiri ibi bisheke, Uwimana Florette, avuga ko yahombejwe asaga Miliyoni 3 ubaze mu mafaranga y’u Rwanda, ko kandi uwabikoze yaburiwe irengero.

Uwimana, yabwiye intyoza.com ko ubwo iri twika ryabaga nawe yari hafi aho haruguru mu tundi turimo, aho yabonye umuriro wadutse mu bisheke bihinze ku buso bwa Hegitari 2, amanuka yiruka atabaye ariko ntiyagira umuntu abona ubikoze.

Avuga ko abaturage bahise batabara batangira gutema ibisheke bashaka uko batangira umuriro ariko urabaganza, abasaba kuvamo ngo hatagira uwo bihitana. Abari batabaye bose bikuye kuko umuriro wari mwinshi, basigara barebera kuko nta kindi bari bukore ku bukana umuriro wari ufite.

Uwimana, avuga ko abaze igihombo yatewe n’ibyamukorewe byo kumutwikira ibisheke byari bigeze igihe kisarurwa, hatikiriye asaga Miliyoni eshatu ubaze mu mafaranga y’u Rwanda.

Nubwo byatwitswe, avuga ko ubuyobozi bw’uruganda rw’Isukari rwa Kabuye rusanzwe rugura umusaruro w’ibisheke, bamubwiye ko asarura bakazaza kubitwara. Avuga kandi ko kuba byahiye, nubwo uruganda ruzabitwara atiteze umusaruro nk’uwo yari kubonamo bisaruwe bitatwitswe, kuko gushya ubwabyo ibizabasha kujyanwa ku ruganda hari byinshi biba byatakaje birimo amazi yabyo ndetse n’ireme ryabyo.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr Nahayo Sylvere ari kumwe n’Umuyobozi wa Polisi muri aka karere bageze aho ibi byabereye, baganira n’abaturage babaha amakuru bari bakeneye ndetse bahumuriza nyiri uyu murima w’ibisheke byatwitswe.

Ibisheke byatwitswe biri ku buso bwa Hegitari 2.

Uwimana Florette, asaba ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko nubwo aha hantu hatwitswe, hakwiye no gushakwa uko umutekano waho warindwa kuko ngo hasanzwe habera urugomo akenshi ruterwa n’abantu baza kuhakinira amakarita(urusimbi), bakahanywera itabi(urumogi).

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5908 Posts

Politiki

4159 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1029 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

153 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga