• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/09/25
Kamonyi-Blue Sky School: Abanyeshuri n’Abarimu bashimiwe ku guhesha ikigo ishema
05/09/25
Kamonyi-Runda: Umugabo w’imyaka 35 y’amavuko yasanzwe amanitse mu mugozi
05/09/25
Kamonyi-Mukinga: Abana basaga 128 bataye n’abacikishirije ishuri bagiye kurisubizwamo
05/09/25
Kamonyi-Musambira: Imihigo duhiga ikora k’Ubuzima bw’Abaturage, dusabwa kujyanamo-Gitifu Nyirandayisabye Christine

Muhanga: Meya Kayitare yikoze ku mufuka agoboka umuturage wari ugiye guterezwa cyamunara

Umwanditsi
September 27, 2022

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline yikoze mu mufuka yishyurira Murekasenge Denise amafaranga ibihumbi 100 kugirango harangizwe ideni yarabereyemo uwamucumbikiye ntabashe kumwishyura ubukode bw’inzu.

Ibi byakozwe nyuma yuko Murekasenge utuye mu murenge wa Shyogwe mu kagali ka Mubuga, Umudugudu wa Mapfundo yishyuye amafaranga ibihumbi 68,000 akomoka k’ubukode yarabereyemo Mukandayisenga Marceline, aho yamubereye mu nzu amezi 4 ntiyamwishyura. Buri kwezi yagombaga kujya yishyura ibihumbi 17,000 frw. Amafaranga Meya Kayitare yishyuye, yahagaritse ndetse ahita atuma ibyari gukurikiraho bihanagurwa, umuturage akira atyo urwari rumutegereje.

Ni ikibazo cyamenyekanye ubwo urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwari mu bukangurambaga bwo kwegera abaturage no kumva ibibazo byabo mu karere ka Muhanga tariki ya 19 Nzeli 2022. Icyo gihe, Murekasenge yatakambiye inzego zitandukanye ko bagiye kumutereza umutungo mu rubanza rwaciwe n’Abunzi b’Akagali ka Mubuga, aho we yemezaga ko atigeze aburana urwo rubanza.

Ku wa 22 Nzeli 2022, nibwo Meya Kayitare Jacqueline, Ubuyobozi bw’umurenge wa Shyogwe hamwe n’umuhesha w’inkiko w’umwuga, Me Ntwarabagabo Daniel bicaye hamwe barangiza ikibazo cyari hagati ya Murekasenge Denise n’umuryango we ndetse na Nyirangendahimana Marceline.

Habanje kuvanwaho icyamunara cyari giteganyijwe tariki ya 26 Nzeli 2022 ndetse umuhesha w’inkiko nawe yigomwa ikiguzi yagombaga guhabwa nyuma yo kuzarangiza akazi ke.

Aya mafaranga, Meya Kayitare yatangiye uyu muturage akaba ajyanye n’imihango ya cyamunara yari imaze gukorwa na Me Ntwarabagabo Daniel yagombaga kuzaba ku buryo bw’ikoranabuhanga, aho yahise ikurwaho kubera ko ubwishyu bwabonetse.

Murekansenge, yashimiye umuyobozi w’Akarere ka Muhanga wamugobotse anatanga ubutumwa bw’uko abaturage bakwiye kujijuka bakajya bakurikiranira hafi ibibazo bashobora kugirana na bagenzi babo kuko byatuma bangara kubera ibihano bikomoka ku mategeko.

Inzu y’uyu muturage yari igiye gutezwa cyamunara ku rubanza avuga ko ataburanye.

Uyu mutungo warugiye gutezwa cyamunara, ugizwe n’inzu ngari ifite ibyumba 6, ubwiherero bwo munzu , uruganiro ndetse n’aho gufatira amafunguro. Iyi nzu yari yaragenewe agaciro ka Miliyoni 16. Yubatswe n’umwana w’imfura wa Murekasenge Denise wiga ubuganga muri Canada.

Soma hano inkuru yabanje;Muhanga: RIB n’Ubuyobozi bw’Akarere bagaruje inzu y’umuturage yari igiye gutezwa cyamunara

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5859 Posts

Politiki

4110 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga