• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
26/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
26/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa
26/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
26/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire

Kamonyi: Abakozi 3 bahinduriwe imirimo barimo umwe wasubijwe kuba Gitifu w’Umurenge

Umwanditsi
October 11, 2022

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi kuri uyu wa 11 Ukwakira 2022 bwakoze impinduka mu bakozi babwo batatu, barimo uwayoboraga ishami ry’imiyoborere mu karere wasubijwe kuyobora Umurenge, umukozi wari Umujyanama wa Komite Nyobozi hamwe n’uwari Gitifu w’Umurenge wagaruwe mu mirimo yahozemo mu karere.

Abakozi bahinduriwe imirimo, barimo Munyakazi Epimaque wari usanzwe ashinzwe ishami ry’imiyoborere mu karere ka Kamonyi, aho yajyanywe kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba.

Munyakazi, si ubwambere agiye kuyobora Umurenge kuko mbere yo kuza mu mwanya akuwemo yari Gitifu w”Umurenge wa Nyarubaka wo muri aka karere. Umwanya akuwemo, ugiye kujyamo Muvunyi Etienne, uyu akaba yari asanzwe ari umujyanama wa Komite Nyobozi y’Akarere, aho nawe yazanywe muri uyu mwanya akuwe ku kuba Gitifu w’Umurenge.

Muri izi mpinduka kandi, Majyambere Samuel wari usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba yakuwe yo azanwa kuba Umujyanama wa Komite Nyobozi, umwanya n’ubundi yakuwemo ajyanwa kuba Gitifu w’Umurenge aho yabanje Kayumbu akahavanwa ashyirwa Ngamba.

Aganira na intyoza.com, yavuze ko amakuru yo kuba yimuwe nawe arimo kuyumva avugwa, ko gusa icyo azi ari uko yahamagawe akabwirwa ko ku Karere hari ubutumwa bwe, aho akeka ko bifitanye isano n’ibyo yumvise.

Dr Nahayo Sylvere, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yahamirije umunyamakuru wa intyoza.com ko amakuru y’izi mpinduka ari impamo. Yagize ati“ Nibyo, nuko niko bimeze. Impinduka ni ibisanzwe, ni ukwimura umukozi kugira ngo imihigo(Performance) irusheho kuzamuka”.

Izi mpinduka, zibaye kuri aba bakozi b’Akarere, zije zikurikira izindi zabaye mu minsi ishize, aho ubuyobozi bw’Akarere bwazikoze muri ba Gitifu b’Utugari, mu bakozi batandukanye bakorera mu mirenge ndetse no muri ba Gitifu b’Imirenge uvanyeho uwa Ngamba na Kayumbu itari yakozweho kuri ba Gitifu.

Munyaneza Theogene

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5821 Posts

Politiki

4072 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga