DR Congo-Beni: Abantu bane bishwe abandi icumi barashimutwa

Abantu batari munsi ya bane hafi y’umujyi wa Beni ho mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bishwe naho abandi 10 barashimutwa. Mu isanteri( Centre) y’ubucuruzi yo mu mujyi wa Kabasha muri iyi ntara ya Kivu ya Ruguru yagabweho igitero n’abo bicyekwa ko ari inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF.

Abagabo bitwaje imbunda batwitse ikigo nderabuzima kimwe cyonyine cyo muri aka gace ko mu burasirazuba bwa DR Congo, basahura imitungo ndetse batwika ibinyabiziga.

Iki ni cyo gitero cya vuba aha cy’abacyekwa kuba ari inyeshyamba za ADF. Cyatumye abantu benshi bahatuye bahunga, batinya ko haba ibindi bitero. Abahatuye bavuganye na BBC dukesha iyi nkuru bashinje Leta ya DR Congo kunanirwa gukora ibihagije ngo ibacungire umutekano.

Muri iki cyumweru, igisirikare cya DR Congo cyagabye igitero ku wundi mutwe w’inyeshyamba, M23, wigaruriye ibice bimwe byo mu ntara ya Kivu ya Ruguru. Mu mezi ya vuba aha ashize, abantu barenga 90,000 bamaze guhunga bata ingo zabo, nyuma y’imirwano hagati y’ingabo za Leta n’inyeshyamba za M23.

intyoza

Umwanditsi

Learn More →