• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Ngororero: Hagiye kuzamurwa ibiro by’Akarere bizatwara asaga Miliyari 2,6

Umwanditsi
November 12, 2022

Hashize igihe abaturage bajya kwaka serivisi ku biro by’Akarere ka Ngororero bavuga ko inyubako ishaje.  Bemeza ko nta bwinyagamburiro abahakorera bafite kubera ubuto bwaho. Miliyari zisaga 2,6 zigiye gukoreshwa mu kubaka ibiro bishya bizasimbura ibisanzwe.

Bamwe mu baturage b’Akarere ka Ngororero, bavuga ko ubuyobozi bwabo bukorera mu nyubako ishaje, itajyanye n’igihe kandi ibiro( offices) byinshi bikaba bitoya, bikoreramo abakozi benshi batanga Serivise zitandukanye, ku buryo no kumenya aho wakira Serivise runaka biba bitoroshye.

Inyubako isanzwe.

Mu Kiganiro n’Itangazamakuru, Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bwemeje ko inyigo y’inyubako nshya kandi igezweho yarangiye, aho bizubakwa ahegeranye n’ibiro bisanzwe ndetse bikazaba bigeretse ariko n’ibisanzwe bikaba bitazasenywa.

Bahizi Emmanuel, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Ngororero yemereye itangazamakuru ko inyigo yarangiye ikaba igaragaza ko inyubako izubakwa na Miliyari ebyiri na Miliyoni Magana atandatu z’amafaranga yu Rwanda (2,600,000,000 Rfw). Akomeza avuga ko ikibanza gihari ndetse imirimo ikazatangira umwaka utaha.

Igishushanyo cy’inyubako nshya izubakwa.

Yagize ati” Inyigo yararangiye ndetse n’ikibanza cy’aho tuzubaka inyubako y’aka karere harahari kandi izuzura itwaye asaga Miliyari 2,6 frw. Umwaka utaha tuzatangira imirimo ariko iyi nyubako isanzwe dukoreramo ntabwo izavaho kubera ko ikibanza gihagije”.

Akomeza avuga ko ibi biro nibimara kuzura bizafasha mu kugabanya ubucucike mu bakozi ndetse na Serivisi zimwe na zimwe zigifite umubare mwinshi w’abakozi bakorera ahantu hato bakazabona ahantu hagari ho gukorera.

Ikindi Meya yongeyeho ko amafaranga bategereje ko Ikigo gishinzwe gutera Inkunga ibikorwa by’Iterambere mu nzego z’Ibanze (LODA) kandi igihe cyose amafaranga azasohokera imirimo yo kubaka iyi nyubako y’ibiro by’akarere bizatangira kuko inyigo yo irahari yamaze gukorwa.

Iyi nyubako isanzwe ikorerwamo n’akarere ka Ngororero yubatswe mu mwaka w’i 1980, ikaba yarahoze ari ibiro bya Su-Perefegitura ya Ngororero, aho mu gihe cy’amavugurura no kwegereza ubutegetsi abaturage haje gushyirwamo ibiro by’Akarere biherereye mu murenge wa Ngororero, Akagali ka Kazabe, Umudugudu wa Ngororero.

Ku ikubitiro kubakiwe abakozi batarenze 15 ariko kugeza ubu gakorerwamo n’abakozi basaga 150, aho binagaragara ko harimo ubucucike. Kugeza ubu, Akarere ka Ngororero kabashije kugabanya ubukene buva kuri 38% bakaba bamaze kugera kuri 20.8% by’abaturage bafite ubukene.

Inyubako ishaje.

Akimana  Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga