• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
15/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
15/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
15/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Abakuru b’Ubutasi bwa Amerika n’Uburusiya bahuye imbona nkubone

Umwanditsi
November 15, 2022

Umukuru w’ubutasi bw’Amerika n’umukuru w’ubutasi bw’Uburusiya bahuye imbona nkubone ngo baganire ku nkeke itewe n’Uburusiya yo gukoresha intwaro kirimbuzi muri Ukraine, no ku mfungwa z’Abanyamerika zifunzwe n’Uburusiya”mu karengane”.

Ibi biganiro hagati y’umukuru w’ikigo cy’Amerika cy’ubutasi bwo mu mahanga (CIA) William Burns na mugenzi we w’Uburusiya Sergei Naryshkin, byabaye kuri uyu wa mbere mu murwa mukuru Ankara wa Turukiya.

Ibiro bya Perezida w’Uburusiya – Kremlin, byavuze ko ibyo biganiro byabaye “bisabwe n’uruhande rw’Amerika”. Iyi ni yo nama yo ku rwego rwo hejuru cyane ibaye mu ruhame hagati y’abategetsi bo muri ibi bihugu kuva Uburusiya bwagaba igitero kuri Ukraine mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka.

Ibiro bya Perezida w’Amerika – White House, byavuze ko Burns – wahoze ari ambasaderi w’Amerika mu Burusiya hagati y’umwaka wa 2005 na 2008 akaba anavuga Ikirusiya – atari arimo kuganira ku gusoza intambara.

Mu itangazo, White House yavuze ko ubutumwa bwe bwari “ku ngaruka z’ikoreshwa ry’intwaro kirimbuzi bikozwe n’Uburusiya“, n’ibyago by’uko habaho” ukuzamba kw’ituze rijyanye n’intwaro kirimbuzi”.

Umukuru wa CIA William Burns .

Mu mezi ya vuba aha ashize, Amerika yakomeje kuburira Uburusiya kwirinda gukoresha intwaro kirimbuzi ntoya (tactical nuclear weapons) muri Ukraine, mu gihe hari uguca amarenga k’Uburusiya ko bushobora kuba bushaka kuzikoresha.

Mu kwezi kwa cyenda gushize nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin yashinje uburengerazuba (Uburayi n’Amerika) gushaka gusenya Uburusiya, ashimangira ko azakoresha “ubushobozi bwose buhari” mu kurinda ubutaka bw’Uburusiya, mu cyabonywe nk’igikangisho kiteruye cy’uko yakoresha intwaro kirimbuzi. Amerika yavuze ko izo nkeke izifata mu buryo butajenjetse.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga