• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
27/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa
27/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
27/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire

Kamonyi: Guverineri Kayitesi arasaba abazana imishinga guha rugari abaturage bakihitiramo ibibavana mu bukene

Umwanditsi
December 8, 2022

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice arasaba abafatanyabikorwa bazana imishinga ikura abaturage mu bibazo ko bakwiye kujya babanza guha rugari abaturage bakihitiramo ibyabazamura bakava mu bukene aho kubaha ibitazabahindurira ubuzima bw’ubukene babasangana.

Ibi, yabigarutseho mu kiganiro yagejeje ku nteko rusange yahuje abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere ka Kamonyi kuri uyu wa 2 Ukuboza 2023. Yagize ati” Icyo twifuza kuri bano bafatanyabikorwa n’uko bakwiye kuzana imishinga ihindura ubuzima bw’abaturage kandi ikagendera ku byifuzo byabo”.

Abagize Njyanama y’Akarere bari mubitabiriye ikiganiro.

Akomeza avuga ko umuturage akwiye kwihitiramo ibyo gukora kuko hari igihe umushinga umuzanira icyo adashoboye, nk’urugero; Ushobora kumuha inka kandi atazayibasha nubwo ari itungo abantu benshi bakunda ariko ugasanga we arishakira itungo rigufi ari naryo yashobora. Turabasaba ko mbere yo kugira icyo umufasha muganirize wumve icyo akeneye.

Umukozi ushinzwe gukurikirana imishinga muri FXB Rwanda, Sekamana Celestin avuga ko ubusanzwe iyo umushinga uje gukorera ahantu uba ufite intego, ariko iyo usanze hari ibishobora guhinduka bigafasha abaturage bazaniwe ibi bikorwa birakorwa.

Inzego zitandukanye zirimo iz’umutekano zari zihari.

Yagize ati” Ntabwo umushinga ukwiye kuza ngo utware abaturage buhumyi bijyanye n’intego zawo. Ukora ibishoboka ugafasha abaturage kugira imyumvire myiza. N’iyo usanze hari ibyo bifuza utateganyije ushobora kubikora hakabaho irengayobora ariko bagafashwa kuva mu bukene kuko ntabwo bikwiye ko dusaba impinduka kandi tutazigizemo uruhare”.

Kugeza ubu, Akarere ka Kamonyi gafite abafatanyabikorwa mu iterambere ry’abaturage (DJAF) bafasha abaturage kugira imibereho myiza ndetse bakaba bamaze gukoresha amafaranga asaga Miliyoni 750.341.625 frw, ariko hateganyijwe gukoresha amafaranga Miliyari 3.709.566.408 frw ari mu bice bitatu birimo; Imibereho myiza, yagenewe asaga Miliyari 1.598.780.599 frw , Ubukungu bwagenewe asaga Miliyari 1.705.461.401 frw naho Imiyoborere myiza igenerwa Miliyoni 360.324.408 frw mu gufasha abaturage kuva mu bukene.

Bamwe mu Banyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge.
Abafatanyabikorwa mu nzego zitandukanye.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5821 Posts

Politiki

4072 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga