• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/11/25
Itangazo ry’Umushinga RW0379 ADEPR Gatenga rihamagarira Gupiganira isoko
14/11/25
Amajyepfo-Turindane: Kamonyi ku isonga mu mpanuka zirimo izihitana ubuzima bw’Abantu
14/11/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET byamusabye gusa iminota 7 kugira ngo atsindire 247,860 Frws
14/11/25
Kamonyi: Ubuyobozi bw’Akarere ku Ruhimbi rw’Itorero EPR mu cyumweru cyahariwe Umuryango

Umuhanda uhuza Kamonyi na Ruhango wongeye kuba Nyabagendwa nyuma y’imyaka isaga 3

Umwanditsi
December 19, 2022

Kuva mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nzeri(9) kwa 2019 kugera kuri uyu wa 19 Ukuboza 2022, ikiraro cy’umuhanda uhuza akarere ka Kamonyi n’aka Ruhango cyari cyarahejeje benshi mu bwigunge nyuma y’aho ikamyo yo mu bwoko bwa HOWO( HOHO) ikinyuze hejuru yikoreye ibirenze ibyari bikwiye kukinyuraho ikagisenya. Iki kiraro kimaze iminsi gikorwa cyatumye imodoka zongera gucaho, umuhanda uba Nyabagendwa ku binyabiziga(imodoka).

Iki kiraro, isenyuka ryacyo ntabwo ryahungabanije gusa imihahirane n’imigenderanire hagati y’abaturage ba Kamonyi na Ruhango n’abandi, ahubwo cyanakomye mu nkokora ibikorwa by’ubukungu mu buhinzi bw’umuceri mu kibaya cya Mukunguri kuko abahinga hakurya y’ikiraro ku ruhande rwa Ruhango byabaye imbogamizi mu kwambutsa umusaruro bejeje bawuzana ahakorera Koperative ndetse n’uruganda rw’Umuceri rwa Mukunguri, kimwe n’ibindi nkenerwa mu buhinzi byari ikibazo kubageraho.

Kuva kuri uyu wa mbere tariki 19 Ukuboza 2022, umuhanda wongeye kunyurwaho n’imodoka nyuma y’imyaka isaga 3.

Kuba iki kiraro gikozwe, imodoka zikongera kukinyuraho, bigiye korohereza abaturage b’uturere twombi ndetse n’abaturuka ahandi bahanyura kuko aha ni imwe mu nzira ya bugufi, ihendutse kubatuye n’abagana muri ibi bice kuko mbere byabasabaga kujya kuzenguruka Muhanga mu gihe babaga batwawe n’imodoka zaba ntoya cyangwa nini.

Igihe HOWO(HOHO) yagisenyaga.

Soma hano inkuru ikubwira imihangayiko byateye abaturage; Kamonyi/Ruhango: Abakoresha ikiraro cya Mukunguri barahangayitse bikomeye

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5912 Posts

Politiki

4162 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1031 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

154 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga