• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

DR Congo: Igisasu cyaturikiye mu rusengero, abantu basaga 10 bahasiga ubuzima

Umwanditsi
January 15, 2023

Igisasu cy’igicurano cyishe abantu barenga 10 gikomeretsa benshi mu bari mu rusengero kuri iki cyumweru tariki ya 15 Mutarama 2023 mu mujyi wa Kasindi mu ntara ya Kivu ya ruguru ya DR Congo, nk’uko abategetsi babitangaza. 

Leta ya RDC yamaganye iki gitero yise icya “kinyamaswa” ivuga ko “biboneka ko cyakozwe n’abaterabwoba ba ADF” ku bantu bari gusenga bo muri Communauté des Églises Pentecôtistes du Congo. Radio Okapi, iterwa inkunga na ONU, ivuga ko abantu bagera kuri 17 aribo bapfuye abandi barenga 20 bagakomereka.

Amashusho ababaje agaragaza abapfuye n’inkomere bacitse ingingo z’umubiri barimo abagore n’abana barambaraye hasi, hagati mu ntebe z’imbaho z’uru rusengero, yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga.

Abakomeretse nabo bariho bakurwa aho ngo bajye kuvuzwa mu gihe benshi bari aho bari mu marira akomeye no gutabaza.

Leta ivuga ko inzego z’umutekano ubu zigenzura aho ibi byabereye kandi hari gukorwa iperereza ngo hamenyakane neza abateze iki gisasu.

Umujyi wa Kasindi uri ku mupaka wa DR Congo na Uganda muri teritwari ya Beni y’intara ya Kivu ya ruguru ni agace kamaze igihe katarangwamo ibikorwa nk’ibi by’iterabwoba.

Hagarutsweho cyane mu makuru muri Kanama(8) ishize ubwo ingabo za ONU zinjiraga umupaka wa Mpondwe i Kasindi ku ngufu zivuye muri Uganda zikarasa zikica abantu. Bamwe mu babonye ibyabaye kuri iki cyumweru bavuga ko icyo gisasu cyaturitse mu gihe muri uru rusengero, rwarimo abantu barenga 100, bari bageze mu gihe cyo kubatiza.

Umutwe wa ADF wagiye uvugwa mu bikorwa by’iterabwoba hafi y’aka gace ntacyo uratangaza ku bivugwa na Leta ko ariwo waba wateze icyo gisasu. Igice kinini cy’uburasirazuba bwa DR Congo nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, kimaze imyaka irenga 20 kibasiwe n’ibikorwa by’imitwe y’inyeshyamba z’abanyecongo, n’iz’abanyamahanga nka ADF ivuga ko irwanya ubutegetsi bwa Uganda, FDLR y’Abanyarwanda, cyangwa RED Tabara y’Abarundi.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga