• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
23/05/25
Kamonyi-Mukunguri: Ubuhinzi bw’Umuceri bwafashije Abahinzi na Koperative kwishakamo ibisubizo
23/05/25
Kamonyi-Mugina: Urubyiruko rw’Abakorerabushake(Youth Volunteers) biyemeje kubakira uwarokotse Jenoside utishoboye
23/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
23/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye

Ruhango: Hizihijwe isabukuru y’imyaka 35 ya FPR-Inkotanyi, basabwa kugira uruhare mu iterambere rya buri muturage

Umwanditsi
January 16, 2023

Umuyobozi(Chairman) w’Umuryango FPR Inkotanyi, akaba na Meya w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens yibukije abanyamuryango ko ibyagezweho mu myaka 35 byaturutse ku bufatanye. Yasabye Abanyamuryango kudatezuka, ahubwo bagakomeza kurandata abagifite intege nkeya bigafasha Igihugu kugera ku majyambere yifuzwa mu mpinduramatwara y’umuryango.

Ibi birori by’Isabukuru y’iyi myaka 35 mu Murenge wa Ruhango, mu kwishimira ibimaze kugerwaho, Meya Habarurema yagize ati” Turishimira ko imyaka 35 ishize kandi umuryango wagiye ukura ku buryo n’ibyo twifuza tuzabasha kubigeraho. Abanyamuryango bacu bagize uruhare mu bikorwa byinshi bimaze kugerwaho ndetse n’umutekano dufite twawuhawe n’umuryango”.

Yakomeje asaba abanyamuryango n’abandi banyarwanda gufashanya bagashyiramo imbaraga zose zikenewe kugirango ibyo Perezida wa Repuburika Paul Kagame akaba na Chairman w’Umuryango FPR-Inkotanyi yemereye abaturage bizabe bimaze kugera kuri buri wese bitarenze 2024.

Bamwe mu banyamuryango bashimira umuryango FPR -Inkotanyi ibyo umaze kugeza ku banyarwanda. Bavuga ko nabo bazakomeza kugendera ku ndangagaciro z’umuryango bagamije gukomeza kugira ubumwe no gufasha abagifite intege nkeya.

Umuyobozi uhagarariye ishuri ry’ubumenyi ngiro rya Ruhango TVET School mu mategeko, Bimenyimana Alphonse avuga ko nk’Abanyamuryango batekereje kuremera umunyamuryango utagira amata, ko kandi ibyo babikomora ku bayobozi bakuru b’Umuryango, ko kandi hari umugani uvuga ko umwera uturutse ibukuru ukwira hose.

Akomeza yemeza ko mu bihe byashize kujya mu mashuri byagoraga abana ndetse n’ugiye kwiga bikitwa kugira amahirwe, ariko ngo ibyo byabaye amateka kuko FPR Inkotanyi yabihinduye, aho buri mwana wese yemerewe kujya kwiga. Ahamya ko yishimira ko umuryango udatoranya abo gufashwa, ko ahubwo ukorera abanyarwanda bose bagahabwa Girinka n’ibindi hagamijwe kuzamura imibereho itandukanye y’abaturage. Avuga kandi ko bazakomeza kugira uruhare mu bikorwa bitandukanye.

Umwe mu bagabiwe inka, yashimiye ubuyobozi bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwatekereje ku banyantege nkeya bo gufashwa bagahabwa inka n’ibiribwa hagamijwe kubavana mu bibazo by’imibereho mibi. Yemeza ko yahinduriwe amateka kuko atigeze anatekereza kuzatunga inka iwe akurikije imibereho y’ubuzima bwe.

Abanyamuryango ba FPR -Inkotanyi, baravuga ko nubwo hari byinshi bimaze kugerwaho ubwabyo byivugira, ariko na none ngo haracyari urugendo rwa byinshi byo gukora birimo; ibikorwaremezo nk’imihanda, amashanyarazi, amazi no guteza imbere Ubuhinzi bwa kijyambere ndetse n’inganda nto zajya zitunganya ibikomoka ku buhinzi n’Ubworozi. Bahamya ko ibyo bemerewe na Chairman w’Umuryango ari nawe Mukuru w’Igihugu bazabigeraho muri 2024 kuko imvugo ye ariyo ngiro.

Chairman wa RPF-Inkotanyi mu Murenge wa Ruhango.
Abana bagaburiwe banahabwa Amata.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5800 Posts

Politiki

4051 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

993 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga