• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
20/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
20/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
20/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Amerika igiye kwita umutwe w’abarwanyi ba Wagner inkozi z’ikibi ndengamipaka

Umwanditsi
January 21, 2023

Ibiro by’umukuru wa Leta zunze ubumwe za Amerika (White house) byatangaje ko bigiye kwita umutwe wa Wagner“ Ishyirahamwe” ry’inkozi z’ikibi ndengamipaka. Uyu mutwe, bivugwa ko ufite ibihumbi by’abarwanyi mu gihugu cya Ukraine. Yatangaje kandi ko igiye gufatira uyu mutwe ibihano bishyashya kimwe n’abandi bose bawushamikiyeho.

Umuvugizi w’urwego rushinzwe umutekano wa Amerika John Kirby yabwiye abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu ko”[uwo mutwe] ukora amahano muri Ukraine n’ahandi”. Yongeyeho ko ubu hari abarwanyi 50.000 ba Wagner muri Ukraine.

Kwita uwo mutwe gutyo, bizatuma Leta ya Amerika ishobora gushyira ibihano bikomeye kurushaho kuri uwo mutwe witwara nk’igisirikare. Ni umutwe kandi wakoreye muri Syria, Libya, Centrafrique, n’ahandi hatandukanye ku Isi, aho ubu abarwanyi bawo bavugwa mu Gihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Kongo-DR-Congo.

Ku bwa Kirby, hafi 80% y’abarwanyi ba Wagner bavanwa muri za Gereza. Yavuze kandi ko uwo mutwe usigaye uhiganwa n’ingabo z’igihugu. Amerika ikibaza ko ‘’umwuka mubi urimo kuzamuka’’ hagati y’abategetsi b’Uburusiya n’uwashinze Wagner, umuherwe akaba n’inshuti ikomeye ya Vladimir Putin, Yevgeny Prigozhin, utavugwaho rumwe.

Kirby, yavuze ko amafoto y’iperereza rya Amerika yerekanye ibikamyo byinjiye muri Korea ya Ruguru, aho bivugwa ko zapakiye ibisasu bya roketi by’ingabo zirwanira ku butaka hamwe na misire, nyuma bigakoreshwa n’ingabo za Wagner. Akomeza avuga kandi ko bazakora uko bashoboye bakamenya ndetse bakaburabuza abo barwanyi n’indi mitwe ibashamikiyeho cyangwa abantu.

Amerika yemera ko kuvana ibirwanisho muri Korea ya Ruguru ari ukurenga ku ngingo z’ibihano z’urwego rwa ONU rushinzwe umutekano. Ayo makuru y’iperereza ubu yahawe abo muri urwo rwego bashinzwe ibihano kuri Korea ya Ruguru.

Kirby ati“ Twiteze ko [Wagner] uzakomeza kubona ibirwanisho byo muri Korea ya Ruguru’’. Birumvikana ko twamagana ibyo bikorwa bya Korea ya Ruguru kandi twamagana Korea ya Ruguru guhagarika guha ibyo birwanisho Wagner. Tugiye kurushaho gufatira ibihano uwo mutwe ubwawo”.

Prigozhin, yasabwe kugira icyo avuga kuri ayo magambo ya Kirby ariko ntacyo yavuze ataziguye ku bihano bya Amerika, nkuko ibiro ntaramakuru Reuters ribivuga.

Abanyamerika bibaza ko ibirwanisho byo muri Korea ya ruguru nta ngaruka ikomeye cyane byagize ku rugamba muri Ukraine, aho abarwanyi b’uwo mutwe wigenga bagize uruhare rukomeye cyane mu gikorwa cy’Uburusiya cyo kugerageza kwigarurira umujyi wa Bakhmut mu burasirazuba bwa Ukraine, aho ingabo za Ukraine zivuga ko abarwanyi ba Wagner bahatakarije cyane nyuma yo guhatirwa gukomeza kwigira imbere mu karere kagaragara kandi barimo bararaswa.

Mu kwezi kwa Nzeri(cyenda) 2020 nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, Wagner yafatiwe ibindi bihano bya Amerika nyuma y’aho abategetsi bavugiye ko ikoreshwa kugira ngo ifashe Prigozhin kwigwizaho ubutunzi abinyujije mu gucukura amabuye y’agaciro muri Sudan na Centrafrique.

John Kirby.

Abategetsi ba Amerika bavuga ko Prigozhin ashobora kuba yarashoye ingabo ze ku rugamba rwa Bakhmut kugira ngo agenzure ahacukurwa umunyu na gypsum/gypse muri ako karere.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga