• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
28/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
28/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
28/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa
28/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe

Muhanga: Umunsi w’Intwari usize hatashywe inzu y’Ababyeyi yuzuye itwaye asaga Miliyoni 85

Umwanditsi
February 2, 2023

Mu gihe hizihizwaga umunsi ngarukamwaka w’Intwari z’u Rwanda, Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga hamwe n’abaturage, batashye inzu y’Ababyeyi yuzuye ku kigo nderabuzima cya Buramba, Umurenge wa Kabacuzi. Abaturage, basabwe gukora inshingano zabo batiganda, bagaharanira kuba Intwari biturutse kuguhindurira abandi ubuzima.

Depite mu nteko ishingamategeko y’U Rwanda, Kalinijabo Barthélemy yabwiye  abaturage bitabiriye ibirori byo kwizihiza umunsi w’Intwari ku nshuro ya 29 ko urugero rwiza rukwiye gukurwa ku bikorwa byakozwe n’abagizwe intwari z’U Rwanda.

Ubwo batahaga iyi nzu y’ababyeyi.

Yagize ati” Baturage bacu dukunda, urugero rwiza dukwiye kwigiraho ni urw’abatubanjirije bakoze ibikorwa bikomeye kandi bizahora byibukwa kuko nibyo bituma tubibuka. Ntabwo waba intwari utabanje kubikorera, ugomba gufasha abandi kuva aho bari bakajya aheza kurushaho”.

Yongeyeho ko ibikorwa byiza by’intwari bikwiye kuba bihindura ubuzima bw’abaturage, abibutsa ko bihereye kuri iyi nzu y’ababyeyi bahawe ku bufatanye bwa Leta na FH( Flood for the Hungry) bizafasha abaturage guhindura ubuzima bwabo kuko abajyaga gushakira serivise zo kubyara ahandi batazasubira yo.

Umwe muturage watanze ubuhamya bw’uko yiteje imbere, Mpombetswendora Gertulde utuye mu kagali ka Buramba avuga ko biturutse ku bikorwa byakozwe n’abagizwe intwari mu Rwanda, byamwongereye intege zo gukora akaba amaze kwiteza imbere kandi akaba ateganya no gufasha bagenzi be. Ashimira Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Kagame Paul wabahaye Igihugu cyiza, agasaba bagenzi be gufatira urugero rwiza ku bikorwa byakozwe n’abakurambere.

Iyi nzu y’Ababyeyi yubatswe ku kigo nderabuzima cya Buramba ku bufatanye bw’Akarere ka Muhanga n’umufatanyabikorwa (Food for the Hungry, FH), yatanzweho asaga Miliyoni 85. Yitezweho kugabanya ingendo kuko ifite ibikoresho bizifashishwa mu gufasha uje kuhabyarira.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5822 Posts

Politiki

4073 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

997 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga