• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana
09/09/25
Kamonyi-Blue Sky School: Abanyeshuri n’Abarimu bashimiwe ku guhesha ikigo ishema
09/09/25
Kamonyi-Runda: Umugabo w’imyaka 35 y’amavuko yasanzwe amanitse mu mugozi
09/09/25
Kamonyi-Mukinga: Abana basaga 128 bataye n’abacikishirije ishuri bagiye kurisubizwamo

Muhanga: Ingengo y’imari ivuguruye irasaga Miliyari 3 z’amafaranga y’u Rwanda

Umwanditsi
March 4, 2023

Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga yatoreye ingengo y’Imari y’Inyongera ingana na Miliyari 3,731, 337,749 frw. Kuvugururwa kwayo ikongerwa, bisobanuye ko ingengo y’Imari yose hamwe yabaye Miliyari 32,172,500,730 frw ivuye kuri Miliyari 28,441,162,981 z’amafaranga y’u Rwanda yari ateganyijwe ubwo hatangizwaga umwaka w’Ingengo y’imari wa 2022-2023.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Muhanga, Bizumuremyi Al-Bashir avuga ko amafaranga yiyongereye ku ngengo y’Imari yazamuwe n’imishahara y’abarimu na gahunda yo gufasha ibigo by’amashuri muri gahunda yo gufatira ifunguro ku ishuri.

Yagize ati” Muri izi Miliyari 3,7 ziyongereyeho, zazamuwe n’imishahara y’abarimu yiyongereye mu gihugu cyose, ariko twaranarebye dusanga na gahunda yo gufatira ifunguro ku ishuri igomba kunganirwa, ihabwa hafi Miliyari 1 y’amafaranga y’U Rwanda. Hari n’undi mushinga waje uzakorana n’abahinzi wa CDAT, uzakorera mu mirenge ya Muhanga, Cyeza, Kabacuzi na Nyamabuye kandi muri ayo mafaranga hari ibikorwa byo kubaka amashuri y’ ubumenyi ngiro  (TVET) azatwara asaga Miliyoni 200 no kubaka inkuta zirinda amashuri yubatswe mu nkubiri yo kubaka amashuri”.

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, Nshimiyimana Octave avuga ko iyo batora mu ntangiriro z’umwaka w’ingengo y’imari baba bagomba kureba uko ibikorwa byari biteganyijwe byakozwe n’aho igenamigambi rigenda buhoro cyangwa ryihuta, mbese ukihwitura ubwawe bitewe n’aho ugeze.

Yagize ati” Ubusanzwe iyo wateganyije ibikorwa bigomba gukorwa ugera igihe ugomba kwigenzura ukareba ahari ikibazo ukahakorera ubusesenguzi bwimbitse ku bikorwa wateganyije gukora bityo rero aho dusanze intege nkeya tugerageza kuhaha ingufu zihagije kugirango umuturage wacu abone serivisi nziza. Akomeza yibutsa abatuye akarere ka Muhanga ko uruhare rwabo rukwiye kugaragara bagafatanya n’ubuyobozi mu bikorwa bikenera ubukangurambaga.

Kugeza ubu hashize ibihembwe 2 ugendeye ku mwaka w’ingengo y’Imari aho aka karere kageze kuri 48, 1% ahwanye na Miliyari 16 685 242 930 frw mu gukoresha amafaranga yari yaragenwe mu ngengo y’Imari ya 2022-2023.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5860 Posts

Politiki

4111 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga