• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/26
Ngamba-Kwibuka32: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashima ko gusaba kwabo kumviswe nyuma y’imyaka 32
11/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Urugaga rw’Abikorera/PSF rwiyemeje kubakira abarokotse Jenoside batishoboye, inzu 4
11/05/26
Runda: Abanyerondo 270 barimo Abagore 13 bambitswe impuzankano(Uniform)nshya, basabwa kudakangwa n’Abanyabyaha
11/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO

Kamonyi-Runda: Umwe mu mabandi ya jujubije abaturage yarashwe arapfa

Umwanditsi
March 12, 2023

Ak’Amabandi amaze iminsi ajujubya abaturage by’Umwihariko mu Murenge wa Runda kashobotse. Mu ijoro ryo kuri uyu wa 11 Werurwe 2023, ahagana ku i saa tatu, mu Mudugudu wa Nyagacaca, Akagari ka Ruyenzi, Umurenge wa Runda ku muhanda umanuka ugana Kamuhanda, umujura yarashwe arapfa nyuma yo gushikuza terefone umuturage akanashaka kurwanya umupolisi.

Asobanura uko byagenze, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP( Chief Inspector of Police) Emmanuel Habiyaremye yabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko abajura babiri umwe yashikuje umuntu wari mu modoka Terefone yo mu bwoko bwa Samsung, umupolisi wari mu kazi amubinye aramuhagarika, aho guhagarara ahubwo ashaka ku murwanya kuko yari afite n’icyuma yitwaje, aramurasa arapfa.

Umurambo w’uyu mujura wahise ujyanwa mu bitaro bya Remera-Rukoma kugira ngo ukorerwe isuzumwa. CIP Habiyaremye, akomeza asaba abajura ko bashatse bareka umugambi mubi wo kwiba no guhohotera abaturage kuko Polisi ititeguye kuborohera no kubareka ngo bakomeze bakore ibyo bikorwa bibi birimo kwiba no guhohotera abaturage.

Ati“ Icyo tubwira Abajura bagenzi b’uriya ni uko bitazabahira, akazi bakora ni akazi kabi katemewe, katemewe n’amategeko bitazabahira kandi Polisi itazabaha agahenge”. Akomeza kandi asaba abaturage muri rusange gutanga amakuru neza kandi ku gihe y’aho babona umuntu bakeka ko ari umujura, uwo babona wateza umutekano muke kugira ngo ubwo bufatanye bufashe gukumira ibyaha bitaraba.

Ikibazo cy’Abajura cyangwa Amabandi muri aka karere ka Kamonyi by’umwihariko mu Murenge wa Runda kimaze iminsi, aho batega abaturage, babasanga mu ngo bakabiba, bakabambura, ndetse bagasiga bakomerekeje bamwe, abandi hari n’abahasize ubuzima. Ubwo hajemo imbaraga ziyongera ku z’abanyerondo ubanza abaturage bagiye kumara iminsi bafite agahenge ari nacyo bamaze iminsi basaba ngo batabarwe cyangwa se batangire kwirwanaho.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Glorien NIYONSENGA says:
    March 12, 2023 at 11:56 am

    Bravo kuri RNP….amabandi yabaga I Kigali yose yasuhukiye I Kamonyi-Runda na Rugalika na Gacurabwe….hadakoreshejwe imbaraga z’umurengera ntitwazabakira.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5962 Posts

Politiki

4210 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1051 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga