• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Perezida Cyril Ramaphosa yagizwe umwere ku cyaha cy’ubujura bwabereye mu isambu ye

Umwanditsi
March 12, 2023

Urwego rurwanya ruswa rwo mu gihugu cya Afurika y’Epfo ruvuga ko nta kimenyetso gihari kigaragaza ko Perezida Cyril Ramaphosa hari ikintu kibi yakoze kijyanye no kuba yaribwe amadolari y’Amerika 580,000 (miliyoni 630Frw) – ashobora no kuba arenga – yari ari mu rugo rwe rwo ku isambu ye bwite.

Muri raporo y’ibanze, Kholeka Gcaleka, ushinzwe kurengera inyungu za rubanda, yanzuye ko Ramaphosa atarenze ku mategeko agenga imyitwarire ibereye cyangwa ngo akoreshe nabi umwanya we nka Perezida.

Iyo raporo irimo ko Perezida yatangaje ibyo kwibwa kwe hashize ibyumweru kubayeho, mu myaka itatu ishize. Ariko iyi raporo ivuga ko Jenerali Majoro Wally Rhoode, umukuru w’abasirikare bacunga umutekano wa Perezida Ramaphosa, yakoze mu buryo budakwiye ubwo yakoraga iperereza ritemewe kuri icyo cyaha.

Mu mpera y’umwaka ushize nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, itsinda ryigenga ryashyizweho n’inteko ishingamategeko y’Afurika y’Epfo ryafashe icyemezo ko Ramaphosa hari ibyo agomba kubazwa, bituma habaho abasaba ko yegura ku butegetsi.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga