• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Muhanga-Intore mu biruhuko: Urubyiruko rwasabwe kwirinda Abashukanyi n’ibyangiza inzozi ku hazaza

Umwanditsi
August 7, 2023

Atangiza gahunda y’Intore mu biruhuko, Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Bizimana Eric yasabye urubyiruko rwitabiriye iyi gahunda kwirinda abarushuka bakarushora mu bikorwa by’ubusambanyi, gucuruza no gukoresha ibiyobyabwenge. Yibukije ko bibangiriza inzozi nziza bafite kuzageraho.

Visi Meya Bizimana, aganiriza uru rubyiruko yagize ati” Muri iki kiruhuko turifuza ko murushaho kumenya impano mufite kandi mugahitamo neza uko muzikoresha kuko zababyarira ibyiza kurushaho, ariko mutitonze zapfa ubusa bitewe n’ibindi mwakwishoramo harimo; Gukoresha no gucuruza ibiyobyabwenge ndetse no kwishora mu bikorwa by’ubusambanyi”. Yakomeje yibutsa uru rubyiruko ko ibyo basabwa kutishoramo byangiza imitekerereze yabo kandi aribo Gihugu cy’ejo hazaza.

Visi Meya Bizimana.

Yongeyeho ko mu mpera z’iki kiruhuko, akarere ka Muhanga kazaba gafite amatsinda y’Urubyiruko azaba yarakoze imishinga yo kwiteza imbere, ababwira ko mu gihe bakwishyira hamwe bakwihindurira ubuzima kuko inzozi bafite zikwiye kunganirwa zigatezwa imbere.

Mu kiganiro cyatanzwe na CIP Kamanzi Hassan, ushinzwe ibikorwa bihuza Polisi n’Abaturage mu karere ka Muhanga, yabwiye urubyiruko ko ingeso mbi zishobora kubatera ibibazo byo mu mutwe, abibutsa ko ikoreshwa iryo ari ryo ryose ry’ibiyobyabwenge riganisha ubuzima bwabo ahabi.

CIP Kamanzi aganiriza urubyiruko rwitabiriye iyi gahunda.

Yagize ati” Nagirango mbibutse ko hari ingeso mbi mushorwamo n’abantu bakuru bagakwiye kuba babarinda ugasanga barabashora mu bikorwa birimo; Gucuruza no gukoresha ibiyobyabwenge bishobora kubangiriza ubuzima harimo no kurwara indwara zo mu mutwe, ariko kandi ndibutsa abakobwa ko bakwiye kwirinda ababashuka bagamije kubishimishaho”. Yakomeje abasaba gutanga amakuru agamije kugaragaza ababashuka bakanabashora mu biyobyabwenge.

Umujyanama uhagarariye urubyiruko mu nama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, Gentillesse Cyuzuzo avuga ko gahunda y’Intore mu biruhuko izafasha urubyiruko kwirinda ibindi bibazo urubyiruko rwajyaga rushorwamo bishobora kwangiza ejo habo heza. Ahamya ko kubahuriza hamwe bizabafasha kunguka ubwenge kandi ko mu gihe bazaba barangije amashuri bazaba barahawe impamba nziza yo kwiteza imbere.

Gahunda y’Intore mu biruhuko yatangijwe tariki ya 05 Kanama 2023, izageza tariki ya 14 Nzeli 2023. Ifite insanganyamatsiko igira iti” Ubuzima bwiza, Amahitamo yanjye“. Ni gahunda kandi izarangwa n’imyidagaduro n’ibiganiro bitandukanye byo kubibutsa ibyo gukora no kwitwararika.

Mu gufungura iyi gahunda habaye imikino itandukanye ndetse n’amatsinda y’Urubyiruko ataramira abari baje mu itangizwa ry’iki gikorwa.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga