• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
14/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
14/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
14/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Kamonyi-Musambira: Umukozi wa SACCO yatahuwe amaze gutwara Miliyoni zisaga eshatu n’igice

Umwanditsi
August 18, 2023

Umwe mu bakozi bakira abakiriya baje kubitsa no kubikuza amafaranga(Umubitsi) muri SACCO Mbonezisonga iherereye mu Murenge wa Musambira, Akarere ka Kamonyi yafashwe(yatahuwe) n’ubuyobozi bw’ikigo akorera amaze gutwara amafaranga Miliyoni eshatu n’ibihumbi Magana atanu n’icyenda n’amafaranga Magana cyenda na Makumyabiri y’u Rwanda( 3,509,920Fr).

Amakuru y’ibura ry’aya mafaranga, yamenyekanye ubwo ubuyobozi bwa SACCO bwakoraga igenzura bugasanga hari amafaranga yanditswe mu gatabo ko kubitsa no kubikuza k’umunyamuryango wa SACCO ku mataŕiki anyuranye n’ay’umunsi bariho, basanga ayo mafaranga ntaho agaragara nk’ayakiriwe mu isanduku ya SACCO.

Higiro Daniel, Umucungamutungo(Manager) wa SACCO Mbonezisonga Musambira yemereye intyoza.com ko aya makuru ari impamo. Avuga ko ijisho ry’ubuyobozi rihora rireba umutungo w’Abanyamuryango ariryo ryavumbuye byihuse ko hari amafaranga yakiriwe ariko ntiyandikwa n’umukozi ngo ashyirwe mu isanduku.

Yagize ati“ Uwo mukozi koko arahari, umubitsi wa SACCO. Hari ikibazo koko cyabayeho dusanga hari amafaranga yakiriye nti yayageza mu isanduku ya SACCO, hanyuma turicara n’ubuyobozi bwa SACCO turongera turagenzura neza dusanga koko hari amafaranga yakiriye”.

Akomeza avuga ko bakibona iki kibazo bihutiye guhamagara uyu mukozi, baricara ndetse bakora igenzura, babaza uyu mubitsi iby’aya mafaranga babonaga yakiriwe ariko ntabikwe mu isanduku, yemera ko yayakiriye ndetse ahita yemera kuyasubiza.

Higiro, akomeza avuga ko nk’ubuyobozi bwa SACCO baticaye ahubwo bahise bafata icyemezo cyo guhagarika uyu mukozi kugira ngo babanze bakore igenzura ryimbitse, hagamijwe kureba niba nta yandi mafaranga yaba yaranyerejwe mu buryo busa n’ubu cyangwa se ubundi.

Nyuma y’iki kibazo, Higiro Daniel nk’umucungamutungo( Manager) wa SACCO MBONEZISONGA Musambira, avuga ko bari maso ku mutungo bacunze w’Abanyamuryango, ko nta mpungenge bakwiye kugira. Avuga kandi ko n’ikibazo cyabaye bakibonye byihuse kandi ko bakora ubugenzuzi umunsi ku munsi.

Munyaneza Theogene

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5863 Posts

Politiki

4114 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga