• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
29/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
29/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
29/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa
29/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe

Muhanga: Hatashywe Hoteli ya Diyosezi Kabgayi yiswe Lucerna yatwaye asaga Miliyari 3

Umwanditsi
August 31, 2023

Nyuma ya Hotel ebyiri zonyine zibarizwa mu mujyi wa Muhanga uzwi nk’uwegereye umujyi wa Kigali, havutse indi Hoteli Nshya ibaye iya Gatatu muri uyu mujyi. Iyi, yiswe Lucerna Kabgayi ya Diyosezi ya Kabgayi. Mu gutaha ku muragararo iyi Hoteli, hashimiwe Musenyeri Samalagde Mbonyintege wacyuye igihe, akaba ariwe wagize uruhare mu itangira ry’uyu mushinga wa Hoteli yuzuye itwaye asaga Miliyari 3 mu mafaranga y’u Rwanda.

Kuri uyu wa wa 30 Kanama 2023 nibwo hatashywe ibikorwa by’imishinga ibiri birimo Lumina I na Lucerna Kabgayi Hoteli nka Hoteli nshya muri uyu mugi wa Muhanga aho ije isanga izindi Hoteli ebyiri zisanzwe muri uyu mujyi w’Akarere ka Muhanga.

Umyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline yashimiye ubufatanye buri hagati ya Diyosezi Gatolika ya Kabgayi, Abikorera ndetse n’Akarere kuko butanga icyizere ku kuzamura ibikorwaremezo bikomeje  kwiyongera bigatanga akazi ku baturage bakabasha kwiteza imbere.

Yagize Ati” Turishimira ko twungutse indi Hoteli ku bufatanye bwa Diyosezi Gatolika ya Kabgayi. Twajyaga duhura n’ibibazo by’abantu basaba amacumbi ariko abikorera tubashimira ko batanga icyizere mu kubaka ibikorwaremezo bizagenda byiyongera kandi iyo byiyongereye biduhera abaturage akazi bakabona amafaranga yo kwiteza imbere n’imiryango yabo“.

Hoteli yafunguwe.

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu karere ka Muhanga, Kimonyo Juvenal avuga ko bashimishijwe no kuba havutse indi Hoteli. Ati” Nk’abikorera dushimishijwe n’uko habonetse indi Hoteli. Twabonaga ubusabe bw’abantu benshi basabaga ko tubashakira ibyumba ugasanga haruzuye ariko turabona tugenda tubona ibisubizo. Tugiye gukangurira abantu kurushaho gushora muri iri shoramari ry’amacumbi”.

Nyiricyubahiro, Musenyeri wa Diyosezi Gatolika ya Kabgayi, Dr Ntivuguruzwa Balthazar yashimiye abagize uruhare mu iyubakwa ry’ibi bikorwa, ku isonga Musenyeri ucyuye igihe watangije uyu mushinga. Yashimiye kandi amabanki bakorana yagiye abatabara. Yibukije kandi ko ibi bikorwa byatanze akazi ku batuye i Muhanga kandi ibikoresho byose byaguzwe i Muhanga bizamura ubukungu bw’abacuruzi n’abakozi babo.

Musenyeri Ntivuguruzwa.

Yagize Ati” Ndashimira buri wese wagize uruhare kugirango umushinga nk’uyu ubashe kubaho. Dushimire Musenyeri Wacyuye igihe kuko yakoze ibishoboka mu gihe uyu mushinga wakorwaga hagashakwa amfaranga mu mabanki ndetse tugafashwa n’ibitaro by’Amaso bya Kabgayi ndetse na Cartas ya Diyosezi yacu ikadufasha tukabasha kuhubaka. Ntabwo twirengagije ko hari ababonyemo akazi, Ibikoresho byubatse hano byaguriwe abacuruzi ba hano mu mujyi wacu kandi n’ubu uyu mushinga uzatanga akazi ku bantu bashya bazanabasha kwiteza imbere mu buryo bwose“.

Iyi Hoteli yatashywe izaba ifite ibyumba bizajya byakira abantu 45 bikabacumbikira. Biri mi byiciro, aho icyumba kizakodeshwa amafaranga ari hagati y’ibihumbi 30 kugera ku bihumbi 300 cyangwa se Amadorali ya Amerika 30 ndetse na 300 (30$-300$). Muri iyi Hoteli kandi harimo ibyumba bishobora gucumbikamo abantu by’igihe rubaka bifite byose bikenerwa. Izi nyu ako zombi; Lumina I na Lucerna zuzuye zitwaye agaciro ka Miliyari 3,3 z’amafaranga y’u Rwanda.

Lumina I.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5822 Posts

Politiki

4073 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

997 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga