• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
29/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
29/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
29/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
29/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi-Rukoma: Intego yacu si ukujya aho icyaha cyamaze kuba-SP Marie Gorette Uwanyirigira

Umwanditsi
September 26, 2023

Igihugu cyawe nta wundi wundi uzakirinda uretse wowe. Cunga urugo rwawe, cunga umuturanyi wawe utange amakuru ku gihe. Wirindira ko umuntu yica undi, ko agira nabi ngo ubone kubivuga. Dufashe gukumira icyaha kitaraba aho kuduha amakuru cyamaze kuba. Ni inama n’impanuro abaturage b’Umurenge wa Rukoma, Akagari ka Taba na Mwirute bahawe na SP( superintendent of Police) Marie Gorette Uwanyirigira ushinzwe guhuza ibikorwa bya POLISI n’Abaturage( Community Policing) mu karere ka Kamonyi.

Mu nteko y’Abaturage yo kuri uyu wa 26 Nzeri 2023, SP Marie Gorette Uwanyirigira ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’Abaturage yabwiye abaturage ko bakwiye kumva no kumenya ko inshingano za mbere za Polisi atari ugufata no gufunga abakoze cyangwa abakekwaho ibyaha, ko ahubwo Gukumira aribyo biza ku isonga.

Bamwe mu baturage bitabiriye inteko.

Ati“ Twebwe nk’inzego z’Umutekano ntabwo tugomba kujya aho icyaha cyamaze kuba. Ntabwo twebwe intego yacu ari ukujya aho icyaha cyamaze kuba, ahubwo ni ukugikumira kitaraba. Niba ubona mugenzi wawe muturanye, umugore n’umugabo barara batongana, barara barwana, bivuge kugira ngo twebwe tuze dukumire ko hagira uwica undi, dukumire ko hagira ukomeretsa undi. Niko kazi kacu. Mwe ni muduhe amakuru twebwe dukore akazi”.

SP Marie Gorette Uwanyirigira, yibukije kandi abaturage kwirinda icyo aricyo cyose cyabakururira mu gukora ibyaha. Mu byo yabasabye kwirinda birimo; Ubusinzi, Ubujura, Gufata Abagore n’Abakobwa ku ngufu, Gusambanya Abana, Ubwicanyi Urugomo, kunywa no gukoresha ibiyobyabwenge, Amakimbirane yo mu ngo n’ibindi.

SP Marie Gorette Uwanyirigira, yasabye abaturage gutanga amakuru no kudahishira ikibi.

Yasabye by’umwihariko Urubyiruko kwibuka ko aribo mbaraga Igihugu gifite, aribo kitezemo Abaturage beza n’Abayobozi b’ejo heza, ko ibyo kubigeraho bisaba ko bagira imyitwarire iboneye, bakirinda ubwabo n’imiryango yabo kugira ngo batange imbaraga zabo mu byubaka Igihugu.

Abaturage bitabiriye iyi nteko, muri rusange basabwe kudahishira ikibi cyangwa ukora ikibi kuko ibyo byose bibera mu Isibo, mu Mudugudu, Mukagari aho batuye kandi bigakorwa n’abo bazi kuko ni abana babo, ni Abagabo n’Abagore babo, Abavandimwe, bafite byinshi bahuriyeho aho batuye. Bibukijwe ko icyiza ari ukugira amakenga bakirinda guhishira ukora ikibi uwo ariwe wese kuko birangira yiyangije, akangiza uwamuhishiriye cyangwa se akangiza uwe n’Igihugu muri rusange.

Bamwe mu bayobozi bitabiriye inteko y’abaturage barimo Dr Nahayo Sylvere, umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi.

SP(superintendent of Police) Marie Gorette Uwanyirigira yibukije ko uhishira abakora ikibi, abakora ibyaha ari umufatanyacyaha mu biba byakozwe, ko kandi ibyo akora yiyangiriza ubwe akaba anahemukira Igihugu kuko ntacyo afasha mu iterambere.

Abaturage bacinye akadiho bishimira abayobozi.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga