• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
23/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
23/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu
23/10/25
Ibiceri 200 gusa byamuhesheje gutsindira asaga Miliyoni na magana atatu muri FORTEBET
23/10/25
Kamonyi-Mugina: Inteko rusange y’abahoze ari Abarobyi bakaza guhinduka abahinzi b’Umuceri yasojwe habura Ingumi

Ntabwo ducuruza amakosa-IGP Namuhoranye Felix

Umwanditsi
October 4, 2023

Mu nama yahuje inzego zitandukanye zirimo Minisiteri y’Umutekano, iy’Ubutabera, Polisi, RIB n’Itangazamakuru kuri uyu wa 04 Ukwakira 2023 ku kicaro gikuru cya Polisi, IGP Namuhoranye Felix mu gusubiza ikibazo cy’abibaza impamvu Kamera zihishwa( izandikira abatwara ibinyabiziga), yavuze ko Polisi y’Igihugu idacuruza amakosa. Avuga ko ikigenderewe atari uguhisha abantu aho zishyirwa ngo bakunde bahanwe. Yasabye ko abantu bakwiye kwibanda ku kubahiriza amategeko n’amabwiriza agenga abatwara ibinyabiziga n’abakoresha umuhanda aho kwibaza kuri Kamera.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, yagarutse ku makosa akorwa nkana n’abakoresha umuhanda by’umwihariko abatwara ibinyabiziga, avuga ko abenshi usanga bakorera ku jisho, kuko utwaye azi aho Kamera iherereye akitwararira ariko yamara kuharenga agafatiraho atitaye ku byo ibyapa bimubwira.

Kuri iki kibazo cya Kamera zihishwa, yavuze ko muri iyi minsi Polisi y’u Rwanda irimo gutunyanya cyangwa se gukoresha ibyapa byinshi bizashyirwa aho Kamera ziherereye ku buryo abakoresha umuhanda bazabibona.

Nubwo IGP Namuhoranye asa n’uwahumurije akanasubiza abibaza impamvu y’ihishwa rya Kamera, yavuze ko kuba Polisi igiye gushyira ibyapa bigaragaza aho Kamera ziri, ibyo bidasobanuye ko ari ukugira ngo abantu bareke kubahiriza ibyapa mu muhanda, ko ahubwo basabwa kwitwararika mu kubahiriza ibyapa, aho kwiruka bitubahirije ibyapa.

Abatwara ibinyabiziga, bibukijwe ko zimwe mu nshingano za Polisi harimo gukumira ko ibyaha biba. Basabwe kwitwararika ku byatuma amakosa avamo ibyaha aba kuko mu gihe hatabaye kwitwararika mu muhanda bishobora gushyira ubuzima bwa benshi mu kaga. Bibukijwe kandi ko Kamera ari impamvu y’umutekano w’Abanyarwanda atari ukuwuhungabanya.

Akimana Jean Dieu

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5896 Posts

Politiki

4147 Posts

Ubuhinzi

149 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

149 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga