• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/11/25
Kamonyi-Mugina: Ku munsi w’Ubwiherero, bibukijwe kwita ku isuku
22/11/25
Kamonyi-Runda/Gihara: Polisi yataye muri yombi ukekwaho Ubucuruzi bw’Ibiyobyabwenge
22/11/25
Kamonyi: RIB yafunze uwiyitaga Umutoza w’ikipe y’Abana, azira gutwara Miliyoni z’Ababyeyi babo
22/11/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET yateze ibiceri 200 gusa atsindira 2,465,813

MIGEPROF: Kumvikana mu miryango, imbogamizi ku butabera bw’umwana wasambanijwe-PS Mireille

Umwanditsi
December 7, 2023

Batamuriza Mireille, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango avuga ko ubwumvikane hagati mu miryango ari imwe mu mpamvu ituma abana basambanywa batabona ubutabera bwuzuye. Asaba buri wese kudaceceka, ahubwo akumva uburemere bw’iki kibazo abona nk’icyorezo ku muryango Nyarwanda.

PS Batamuriza, avuga ko buri wese akwiye kumva ko umwana ari uwo; Kurindwa, ari uwo kujya kwiga, ari uwo gusigasirwa akarindwa ihohoterwa iryo ari ryo ryose kuko iryo kumusambanya ryo ari“ Karundura”, riba ryishe byinshi mu nzira y’ubuzima bwe.

Akomeza avuga ko nka Minisiteri y’Umuryango barimo kureba ibyakorwa bidasanzwe hagamijwe gufasha Umuryango Nyarwanda kumva uruhare rwawo mu gukumira ikibazo cy’ihohoterwa rikigaragara mu muryango, irishingiye ku gitsina by’umwihariko “Gusambanya umwana”.

Ahamya ko ikibazo cy’ihohoterwa ribera mu muryango by’umwihariko irishingiye ku gitsina ari kimwe mu bisubiza inyuma iterambere ry’Umuryango, bigasubiza inyuma Indangagaciro z’Umuryango, bigasubiza inyuma imibereho y’Umuryango, ko kandi ntaho wagera mu gihe hakiri ibibazo nk’ibyo.

Asaba ko uko abantu bahagurukira ibindi byorezo ari nako bakwiye guhaguruka bagashyira imbaraga mu guhangana no guhashya iki kibazo afata nk’icyorezo kibasiye Umuryango Nyarwanda kandi bikaba urugamba buri wese asabwa kurwana.

Kimwe mu bihangayikishije ndetse bitera agahinda nkuko PS Batamuriza Mireille abivuga ni uburyo hari bamwe bumva ko nta cyabaye mu gihe umwana wasambanijwe atasizwe avirirana, mu gihe bamubona yigenza. Yibutsa ko Leta yashyize imbaraga mu gushyiraho uburyo butandukanye bwo kurengera umwana n’umuryango muri rusange. Asaba buri wese guhaguruka agatanga umusanzu we mu gukumira no kurandura ihohoterwa iryo ari ryo ryose by’umwihariko irishingiye ku gitsina.

Munyaneza Theogene

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5919 Posts

Politiki

4169 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1036 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga