• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/03/26
Amajyepfo: Polisi yafashe Litiro zisaga ibihumbi 157 zirimo n’iza Kanyanga, ifata Urumugi n’ababibarizwamo
27/03/26
Kamonyi-Nyarubaka: Umwana w’imyaka 4 y’amavuko yapfuye azize Ibiza
27/03/26
Kamonyi-Nyarubaka: Ingurube yabaye igitambo ku muryango wararanaga n’Amatungo, harokoka Ihene
27/03/26
Kamonyi: Meya Dr Sylvere Nahayo, ahaye komite nshya ya PSF umukoro

Kamonyi-Ngamba: Basangiye inzoga amuhemba ku mwica amuteye icyuma

Umwanditsi
December 27, 2023

Mu Mudugudu wa Nyagasozi, Akagari ka Kabuga, Umurenge wa Ngamba, uwitwa Ndagijimana Samuel w’imyaka 23 y’amavuko yishe ateye icyuma mu gatuza Habiyaremye Jean Claude w’imyaka 23 y’amavuko biriwe basangira inzoga. Isoko y’amakuru yacu, iduhamiriza ko basangiriye mu tubari tugera muri 4, nyuma yo gusinda barwanira mu isantere y’ubucuruzi ya Mpimba bakizwa n’abaturage ariko Ndagijimana nti yanyurwa, ajya mu rugo gushaka icyuma aricyo nyuma yaje kumwicisha.

Ndagijimana Samuel akomoka mu Murenge wa Ruhashya, Akarere ka Huye, mu gihe uyu Nyakwigendera n’umuryango we batuye mu mu Mudugudu wa Nyagasozi, Akagari ka Kabuga, Umurenge wa Ngamba ho mu Karere ka Kamonyi.

Uru rugombo rwavuyemo ubu bwicanyi, bwabaye ku mugoroba wo ku wa 25 Ukuboza 2023. Uyu Ndagijimana Samuel yahise afatwa n’abaturage aribo baje kumushyikiriza Polisi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba, Munyakazi Epimaque yahamirije intyoza.com ko aya makuru ari impamo, ko uyu wafashwe abaturage bamushyikirije Polisi, mu gihe Umurambo wa Nyakwigendera wajyanywe mu buruhukiro bw’ibitaro bya Remera Rukoma ugashyingurwa bucyeye.

Uretse uru rugomo rwa Ngamba rwavuyemo ubwicanyi, Mu Murenge wa Rukoma mu kagari ka Gishyeshye nako katajya kiburira, hari umusaza w’imyaka 65 wasanzwe mu nzu yapfuye, bikekwa ko yaba yiyahuye cyangwa se yazize uburwayi kuko Gitifu Mandera Innocent uyobora uyu Murenge yabwiye intyoza.com ko yari amaze igihe arwaye.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5942 Posts

Politiki

4191 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1048 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga