• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/04/26
Kamonyi: Kwegera Umworozi ntibikwiye kuba gusa igihe itungo rye ryagize ikibazo-Visi Meya Uzziel
01/04/26
Kamonyi-Karama/Umuganda: Abaturage basabwe kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside n’Imvugo z’urwango
01/04/26
Amajyepfo: Polisi yafashe Litiro zisaga ibihumbi 157 zirimo n’iza Kanyanga, ifata Urumugi n’ababibarizwamo
01/04/26
Kamonyi-Nyarubaka: Umwana w’imyaka 4 y’amavuko yapfuye azize Ibiza

Nta Murundi hano ugomba kuzira icyemezo cya Guverinoma ye-Alain Mukurarinda

Umwanditsi
January 12, 2024

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukurarinda arahumuriza Abarundi bari mu Rwanda n’abashaka ku haza ko ari amahoro, ko ntawe uzahagirira ikibazo na kimwe nyuma y’icyemezo cya Leta y’Uburundi cyo gufunga imipaka ihuza iki Gihugu n’u Rwanda ndetse igasaba Abanyarwanda bariyo gutaha iwabo bwangu.

Icyemezo cya Leta y’u Burundi ku gufunga imipaka igihuza n’u Rwanda, kije mu buryo butunguranye kandi mu buryo ibivugwa ko aribyo nyirabayazana bitagize aho binyuzwa mu buryo bwa Dipolomasi ngo biganirweho nk’uko hari ibindi byagiye biganirwaho mu bihe bitandukanye, haba hagati y’abakuru b’ibihugu byombi cyangwa se abandi bategetsi.

Alain Mukurarinda, umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda mu kiganiro yagiranye na Primo Media Rwanda, yagarutse ku guhumuriza Abarundi bari mu Rwanda ndetse n’abifuza kuhaza, baba bahanyura cyangwa batembera ko kuri bo nta cyahungabanya umutekano wabo bitewe n’ibyakozwe n’Abategetsi b’u Burundi.

Yagize ati“ Niba bagomba gukomeza kwirukana Abanyarwanda ni icyemezo bafashe, icyo u Rwanda rusaba ni uko niba bagomba no kubirukana, babirukana mu mutekano. Ku rundi ruhande, nta Murundi hano ugomba kugira icyo abazwa. Nta Murundi hano ugomba kuzira icyemezo cya Guverinoma ye”.

Akomeza abasaba ko uri mu Rwanda akaba ashaka kuhaguma yahaguma, ufite ibyo ahakora mu nzira zemewe n’amategeko nawe akomeze imirimo, ushaka kwambuka asubira iwabo nawe yambuke ariko aziko nta kugaruka. Ashimangira ko “ Nta kibazo hano Abarundi bafite”. Akomeza avuga kandi ko nk’u Rwanda rwizeye ko ari nako Guverinoma y’Upu Burundi irabigenzereza Abanyarwanda bariyo, ko niba idashaka Abanyarwanda bariyo ibohereza mu nzira y’Amahoro.

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukurarinda avuga kandi ko ni biba ngombwa ko Leta y’u Rwanda isabwa kugira uruhare mu gucyura abaturage bayo bari i Burundi, yiteguye kubigiramo uruhare kuko ari Abaturage b’u Rwanda. Asaba akomeje Leta y’u Burundi ko kuvuga ko idashaka Abanyarwanda bitavuze ko igomba kubahohotera.

Munyaneza Theogene

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5944 Posts

Politiki

4193 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga