• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Perezida wa Rayon Sports, Rtd Capt Jean Fidèle Uwayezu yateguje urupfu umufana wahirahira amukubita

Umwanditsi
January 16, 2024

Mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa 15 Mutarama 2024, Rtd Capt Jean Fidèle Uwayezu, yaburiye abafana b’ikipe ya Rayon Sports abereye Perezida ko uwahirahira amukubita yakwisanga muri Morgue( mu buruhukiro), ari umupfu wo gushyingurwa.

Perezida w’iyi kipe benshi bahimba amazina atari make, harimo Gikundiro, Murera n’ayandi, iby’uko uwahirahira amukubita yakwisanga muri Morgue( ari umupfu) yabitangaje nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru gishize Rayon Sports yatsinzwe na Gasogi United ibitego 2-1, maze uburakari bwa bamwe mu bafana ba Rayon Sports bubazamukanye bashaka gusagararira Umunyamabanga Mukuru w’iyi kipe, Namenye Petrick.

Avuga ku kuba uwamukubita yakwisanga ari umupfu( muri Morgue), Rtd Capt Jean Fidèle Uwayezu, yagize ati“ Gukubita Perezida Jean Fidèle wa Rayon Sports na Patrick ngo ni uko itsinzwe mu kibuga? Iyo bahansanga ngo bankubite! Nava aho njya muri Polisi kuvuga ngo nakoze ibi kubera self-defence (kwirwanaho) cyangwa provocation (ubushotoranyi). Ariko unkubise wahava ujya muri ’morgue’. Morgue murayizi?“.

Mu mvugo ye kandi, yagereranije abakora ibyo nk’interahamwe. Yagize ati“ Ubwo Buterahamwe bugarutse muri stade ngo uje gukubita abantu ngo kubera ko ikipe itsinzwe!, ako kajagari!”. Yakomeje yibutsa ko mu Rwanda ibihe byahindutse. Yashyize kandi abanyamakuru mu majwi barebera ibintu nk’ibyo biba aho gufasha mu kubyamagana ahubwo bakogagiza.

Bamwe mu bo uyu muyobozi wa Rayon Sports yikomye nk’abashaka gusubiza ikipe aho yahoze, barimo bamwe mu bayihozemo batakibona uko bazana abakinnyi ngo babarireho icyo yise “Injyawuro”. Aba ngo nibo mvano y’ibyo bibazo ari nabo bari mu bakora inama zitagamije ineza kuko batakibona aho barira.

Muri iki kiganiro, Perezida Rtd Capt Jean Fidèle Uwayezu yavuze ku mugaragaro hamwe mu hakorerwa inama z’abafite imigambi mibi yo guteza umwuka mubi muri iyi kipe ya Rayon Sports( Murera, Gikundiro….). Hamwe mu ho yavuze yeruye ni; La Galette ndetse n’ahitwa kwa Kamali kuri Tam Tam.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga