• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/08/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Kwesa Imihigo 98 n’indi yihariye byabaheshe guhiga indi mirenge y’Akarere
22/08/25
Kamonyi-Rugalika: Itsinda ry’abakekwaho ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
22/08/25
Kamonyi-Nyarubaka: Umusore wari Papa akaba na Mama w’Abavandimwe be yishwe atewe icyuma
22/08/25
Ireme ry’Uburezi si ikintu tubyuka mu gitondo ngo tuvuge ngo twarigezeho, ni urugendo-Dr. Flora Mutezigaju/REB

Kamonyi-Rugalika: Abantu babiri bagwiriwe n’ikirombe, umwe aboneka abura kimwe mu bice bye

Umwanditsi
January 31, 2024

Ahagana ku i saa mbiri z’iki gitondo cyo ku wa 31 Mutarama 2024, mu Mudugudu wa Nzagwa, Akagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Rugalika ho mu Karere ka Kamonyi abagabo babiri bagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’Urugalika binjiyemo indani. Batangiye kubashakisha bifashishije imashini kabuhariwe mu gucukura(Caterpillar). Muri 2 cyagwiriye, kugeza i saa kumi n’ebyiri z’umugoroba umwe niwe wari umaze kuboneka, ibice bimwe by’Umubiri biri ukwabyo hari n’ukuboko kutabonetse.

Abagwiriwe n’iki kirombe ni; Niyonsaba Eric w’imyaka 43 y’amavuko ndetse na Gafurafura Claver w’imyaka 47 y’amavuko ari nawe bigejeje ku i saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ataraboneka kuko bikekwa ko we yari kure cyangwa se umusozi waridutse ukabagwira, we akiruka ajyamo indani ahunga.

Nyiri iki kirombe, amakuru agera ku intyoza.com avuga ko ari icya Kankwanzi Epiphanie ariko kandi hakaba n’amakuru avuga ko aha hantu kiri nubwo ari mu isambuye ye ari ubutaka yari yarahaye Niyonsaba Eric ari nawe muhungu we wakiguyemo ugishahishwa.

Uwabonetse, umutwe wari ukwawo n’akaboko kamwe, akandi ntabwo kabashije kuboneka. Bene umurambo( ababyeyi inshuti n’abavandimwe) bawujyanye mu rugo ahagana ku i saa kumi n’ebyiri nyuma y’uko RIB itanze uburenganzira ariko undi akomeza gushakishwa.

Ntabwo bikunze kubaho ko wumva abantu bagwiriwe n’ibirombe by’ahacukurwa amabuye y’Urugalika nkuko byumvikana kenshi ahacukurwa amabuye y’agaciro mu bice bitandukanye muri Kamonyi nka; Rukoma, Kayenzi na Ngamba higanje ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro arimo Koruta na Gasegereti….

Mu butumwa bwa Dr Nahayo Sylvere, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yahaye abaturage bari baje ku itabaro mu gushakisha aba bagwiriwe n’ikirombe, yabanje kwihanganisha imiryango yabuze ababo n’abatabaye.

Yasabye kandi by’umwihariko abakora ubucukuzi haba ahacukurwa amabuye asanzwe y’urugalika n’andi, haba kandi ahacukurwa amabuye y’agaciro muri aka karere ko bakwiye kwitwararika bakareka gushyira ubuzima bwabo mu kaga cyane cyane ibihe by’imvura no mu mukamuko wayo. Yasabye kandi abakora ubucukuzi kubukora bafite ibyangombwa byose bisabwa abakora ubucukuzi, bitari ibyo baba banyuranya n’amategeko.

Abayobozi barimo Dr Nahayo Sylvere uyobora Akarere ka Kamonyi, Umuyobozi wa Polisi mu karere(DPC), Umukozi wa RIB wabikurikiranaga ndetse n’Umuyobozi w’Umurenge wa Rugalika biriwe kuri uyu musozi bashakisha aba bantu kugera ku i saa kumi n’ebyiri ubwo twasize bagikomeje gufatanya n’abaturage gushakisha.

Abaturage bari ahabereye iyi mpanuka no ku misozi ihakikije.
Imashini kabuhariwe mu gucukura yifashoshijwe mu gushakisha abagwiriwe n’ikirombe.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5848 Posts

Politiki

4099 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1006 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga