• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Liberia: Imyigaragambyo y’abagore b’abasirikare isize himitswe mugenzi wabo wigeze kwigira mu Rwanda

Umwanditsi
February 14, 2024

Umukuru w’igihugu cya Liberia Joseph Boakai yagennye Général de brigade Géraldine George, kuba Minisitiri w’Ingabo w’agateganyo. Ni nyuma y’imyigaragambyo y’abagore b’abasirikare yatumye uwo asimbuye yegura.

Ni bwo bwa mbere muri iki Gihugu umugore ahawe umwanya nk’uyu mu Ngabo nubwo bidasobanutse impamvu uyu General George ashyizwe by’agateganyo muri uyu mwanya.

General George, yinjiye igisirikare mu 2006 mu gihe cyarimo gisubirwamo( kivugururwa) nyuma y’intambara yo hagati mu gihugu. Uyu kandi yabaye mu mutwe w’Ingabo zidasanzwe. Mu myaka itandatu ishize, yari yungirije umukuru w’Igisirikare.

Mu masomo ya gisirikare, yagiye akurikirana hirya no hino mu bihugu bitandukanye, harimo n’amasomo ajyanye no kuyobora ingabo (Commandant Compagnie/Company Commander) yaherewe mu ishuri rya gisirikare ry’i Gako( Bugesera) mu burasirazuba bw’U Rwanda.

Nyuma y’uko Boakai abaye Perezida w’Iki Gihugu ku wa 22 Mutarama uyu mwaka, yagennye uyu Mugore kuba uwungirije ashinzwe ubuyobozi muri Minisiteri y’Ingabo.

Igenwa rye nka Minisitiri w’Ingabo w’agateganyo ribaye nyuma y’aho Minisitiri Prince Charles Johnson III yeguriye ku mwanya bitewe n’ imyigaragambyo y’abagore b’abasirikare kuri uyu wa mbere.

Mu cyumweru gishize, nibwo Prince Charles Johnson III Sena ya Liberia yamwemeje, ariko ino myigaragambyo yatumye yegura.

Aba bagore bari muri ino myigaraagambyo, bavuga ko igihe yari umukuru w’igisirikare ari we yatumye abasirikare bahabwa agashahara gato kandi atuma haba n’ubuzima bugoye mu makambi ya gisirikare.

Aba bagore nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga bafunze imihanda hafi y’umurwa mukuru, Monrovia, no mu bindi bice by’igihugu, ibyatumye Perezida Boakai ahagarika ibirori byo kwizihiza umunsi wahariwe Igisirikare ku wa mbere .

Perezida Boakai, yagiye ku butegetsi arushije amajwi make uwari umukuru w’igihugu, George Weah, mu matora y’ikiciro cya kabiri yabaye mu Ugushyingo (11) 2023, nyuma y’aho hagati yabo habuze ugira ubwiganze ku nshuro ya mbere y’amatora.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga