• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/07/25
Kamonyi: Abanyarugalika bizihije umunsi wo Kwibohora bashimangira uruhare rwabo mu bikorwa by’iterambere
05/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
05/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
05/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga

Kamonyi-Ngamba: Umugabo bamukuye munsi y’umukingo yapfuye

Umwanditsi
March 3, 2024

Mu ijoro ryo kuri uyu wa 02 Werurwe 2024 ahagana i saa tanu, Uwimana Theogene w’imyaka 56 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Nyabitare, Akagari ka Marembo, Umurenge wa Ngamba yasanzwe munsi y’umukingo yapfuye. Harakekwa ko yaba yazize inzoga yanyoye zamurushije imbaraga akaba yituye hasi, ariko kandi hakaba n’abashidikanya kuri uru rupfu kuko uwamubonye bwa mbere yari muzima. Avuga ko yagerageje kumwegura ngo amutsindagize batahe ariko amurusha imbaraga, agenda agiye gushaka ubufasha buhamukura, bagaruka basanga atakiri muzima.

Urupfu rw’uyu mugabo ntabwo ruvugwaho rumwe na benshi mu baturage ba hafi muri uyu Mudugudu by’umwihariko ku bamubonye. Hari abavuga ko yaba yarushijwe imbaraga n’inzoga yari yanyoye akikubita hasi, abandi bakavuga ko ibyo bigoye kubyemera kuko uwamusanze mu nzira agashaka ku mwegura bikanga yamusize ari muzima, akajya guhuruza bagaruka ngo bamutware bagasanga yapfuye.

Nyuma y’uko abari bagiye kumukura aho yari ari basanze yapfuye, Ubuyobozi bw’Umudugudu bwahawe amakuru, bwahise bwihutira kubwira inzego zibukuriye hagamijwe ko haboneka ubutabazi.

Nyakwigendera, ibyamubayeho yari mu nzira agenda ageze mu Mudugudu wa Rugarama arimo gutaha avuye kunywera kuwitwa Nubuhoro Faustin utuye mu Mudugu Kigina.

Uwamubonye bwa mbere, ni umusaza witwa Karugahe Edmond. Avuga ko yamubonye yaguye mu mukingo agihumeka akagerageza kumuterura kugirango batahe, ariko amurusha imbaraga hanyuma amusiga aho ajya gutabaza, bagarutse basanga yamaze gupfa.

Munyakazi Epimaque, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba avuga ko akurikije amakuru ahabwa n’abaturage by’umwihariko uwamubonye mbere akirimo umwuka, ahamya ko bishoboka ko Nyakwigendera yaba yazize inzoga zamurushije imbaraga akagwira ibuye cyangwa se ikindi cyabaye imvano yo kubura ubuzima.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5828 Posts

Politiki

4079 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga