• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
28/08/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
28/08/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira
28/08/25
Kamonyi: Barashimira Perezida Kagame wabasubije Ubuzima akabaha izina rishya”INTWAZA”
28/08/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Kwesa Imihigo 98 n’indi yihariye byabaheshe guhiga indi mirenge y’Akarere

Kamonyi-Runda: Umugabo w’imyaka 26 y’amavuko yasanzwe mu nzu yabagamo yapfuye

Umwanditsi
March 6, 2024

Hagenimana Jean Claude wari utuye mu Mudugudu wa Nyabitare, Akagari ka Ruyenzi, Umurenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 05 Werurwe 2024 ahagana ku i saa munani n’igice, yasanzwe mu nzu abamo yapfuye.

Amakuru mpamo agera ku intyoza.com aturuka mu baturage, akanemezwa n’ubuyobozi bw’umurenge wa Runda uyu Nyakwigendera yari atuyemo, ahamya ko uwamubonye bwa mbere ari umuturanyi we wahise ahuruza ubuyobozi bw’Umudugudu nabwo bwihutira gutanga amakuru butabaza.

Ubuyobozi ndetse n’Abaturage bahageze bwa mbere batabaye, babanje gushidikanya ku rupfu rw’uyu Hagenimana Jean Claude, bamwe bibaza niba yapfuye abandi bavuga ko yaba akiri mu zima. Bafashe icyemezo cyo guhamagara abaganga baje n’imbangukiragutabara baturutse Kigali ari nabo bamupimye bemeza ko yapfuye.

Ndayisaba Jean Pierre Egide, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda, yemereye intyoza.com ko amakuru y’urupfu rwa Hagenimana Jean Claude ari impamo, kandi ko abaganga aribo babanje kuza barapima bemeza iby’urupfu rwe.

Avuga ko ku makuru bahawe, imvano y’uru rupfu ishobora kuba yatewe no kunyerera mu nzu mu cyumba cy’uruganiriro( Salon) avuye gukaraba. Avuga kandi ko uyu Nyakwigendera yabaga wenyine mu nzu, nta mugore n’umwana.

Nyuma yuko inzego zitandukanye zirimo na RIB zigeze aho Nyakwigendera yapfiriye ndetse zigakora akazi kazo, umurambo wa Nyakwigendera wahise woherezwa ku bitaro bya Remera Rukoma.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5851 Posts

Politiki

4102 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

81 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga