• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/03/26
Rugalika-Masaka: Nta Kangononwa ku kwishyura Mituweri ifatiye kuri Sisitemu Imibereho
04/03/26
Umuco wacu muwurinde ico-Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa
04/03/26
Kamonyi: Hatangijwe gahunda yihariye, idasanzwe yahawe izina,“ TUGANIRIRE MU MUDUGUDU”
04/03/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage

Kamonyi-Nyamiyaga: Umugabo w’imyaka 50 arakekwaho gusambanya umwana w’imyaka 14 yararanye

Umwanditsi
April 13, 2024

Hari mu ijoro ryo kuri uyu wa 11 Mata 2024, mu Mudugudu wa Nyabubare, Akagari ka Mukinga, Umurenge wa Nyamiyaga ho mu Karereka Kamonyi. Amakuru agera ku intyoza.com ni ay’umugabo Nzikobankunda Sylivain w’imyaka 50 y’amavuko bivugwa ko yararanye umwana witwa Fillette( izina tumuhaye) w’imyaka 14 y’amavuko, bikekwa ko yamusambanije iryo joro ryose. Ababyeyi b’uyu mwana ntabwo bari kure ku kugira uruhare ku byabaye ku mwana wabo bitewe nuko aribo batumye arara hanze. Bamuhannye nti bita ku kurinda ubuzima bwe.

Imvo n’imvano yo kugira ngo uyu mwana w’umukobwa ajye gushaka aho arara ari naho bikekwa ko yahuriye n’izi nsanganya(Gusambanywa), ituruka ku kuba ababyeyi be bamwirukanye, bamubuza kugaruka mu rugo nyuma y’uko bavuye guhinga bagasanga yataye urufunguzo rw’inzu.

Amakuru agera ku intyoza.com kandi, avuga ko uyu mwana twahaye izina rya Fillette mu kumusiga mu rugo yari yirirwanye n’undi mwana mugenzi we w’umukobwa w’imyaka 12 y’amavuko, bivugwa ko nawe yari yirukanywe iwabo mu rugo azira guca igisheke.

Aba bana bombi nyuma yo kwirukanwa bakabuzwa kugaruka mu rugo, babonye buririyeho bajya gusaba icumbi kwa Nzikobankunda(bivugwa ko ari mutwarasibo), ariko babanje kumusaba ko yajya kubingingira Ababyeyi akabasabira imbabazi bakabemerera gusubira mu rugo, aho kujyayo, ababwira ko acumbikira uriya mwana twahaye izina rya Fillette undi mugenzi we aramwanga, ntawe uzi aho yaraye.

Uyu mwana wararanywe, yaje gutaha iwabo bukeye ku mugoroba ahagana ku isaa kumi n’ebyiri n’igice(18h30′), abajijwe aho yaraye yanga kuhavuga ariko mugenzi we kuko yari ahazi yabibwiye iwabo ari nabwo byamenyekanye, ababyeyi bihutira kubibwira Umukuru w’Umudugudu, bawe yihutira gutabaza ubuyobozi.

Mudahemuka Jean Damascene, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga yahamirije intyoza.com ko aya makuru avugwa ari impamo. Ati“ iriya caisse( kiriya kibazo) yabayeho! Umwana yataye agafunguzo, iwabo baramutonganya, bamutonganije ahita ajya gucumbika kuri uriya mugabo, birangira rero uwo mugabo amuraranye, bikekwa ko yanamusambanije”.

Akomeza avuga ko icyakozwe bakimenya amakuru bihutiye kugeza umwana kwa muganga kugira ngo akurikiranwe, akorerwe ubutabazi bw’ibanze ariko kandi ukekwaho kuba yamusambanije ashyikirizwa RIB kugira ngo Iperereza rikomeze.

Gitifu Mudahemuka, avuga ko isomo bakuyemo ari uko ababyeyi mu gihe bahana abana bakwiye cyane kwita ku nshingano zo kumenya kurinda ubuzima bwabo. Ati“ Niba uhannye umwana warangiza ntumenye aho araye, icyo gihano cyo mu by’ukuri urumva gisobanutse!?. Guhana bikwiye kuba bikosora ariko bikanarinda ubuzima bw’umwana”.

Ukekwaho gusambwanywa(Victim), hamwe n’ababyeyi be bagiriwe inama yo kujya kwa muganga ku kigo nderabuzima cya Mugina. Ni mu gihe kandi uyu ukekwaho(Suspect) yamaze kugezwa kuri RIB Sitasiyo ya Mugina nkuko isoko yacu y’amakuru ibivuga.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5934 Posts

Politiki

4183 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1043 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga