• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi-Runda: Habonywe igisanduku cyuzuye amasasu

Umwanditsi
May 4, 2024

Ahagana ku i saa tanu n’iminota 20 yo kuri uyu wa 04 Gicurasi 2024 mu Mudugudu wa Rugogwe, Akagari ka Kabagesera, Umurenge wa Runda ho mu Karere ka Kamonyi habonywe isanduku yuzuyeho ibyondo inyuma, ariko imbere yuzuye Amasasu agera mu ijana(100). Inzego z’umutekano zirimo iza Gisirikare-RDF zahise zitabazwa bwangu zitwara iyo sanduku n’amasasu yari mo.

Amakuru mpamo intyoza.com ikesha abaturage bo muri uyu Mudugudu bageze ahabonywe iyi Sanduku yuzuye amasasu, bavuga ko yabonywe ubwo umukingo w’inyuma y’urugo rw’Umuturage (umugabo w’imyaka 36, tutavuze amazina), ahaherera ku gikoni waridukaga kubera imvura nyinshi, muri uko kuriduka k’umukingo hamanukamo igisanduku cyuzuye amasasu 100.

Igisanduku ki kiri n’ibyondo, kitarafungurwa.

Iki gisanduku ki kiboneka, abakibonye bihutiye gutanga amakuru ku nzego z’ibanze zibegereye( kwa Mudugudu) nawe ahita yihutira kubibwira abamukuriye. Hahise haza inzego z’umutekano zirimo iza Gisirikare-RDF, batwara iki gisanduku n’amasasu yari akirimo.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr Nahayo Sylvere yemereye umunyamakuru wa intyoza.com ko iki gisanduku kirimo amasasu koko cyabonywe. Avuga ko ari umukingo watengutse hamanuka igisanduku cyabonywemo amasasu.

Ibyabonywemo ubwo cyafungurwaga. Ni amasasu agera mu 100.

Nta byinshi Meya yatangaje kuri iki gisanduku cyarimo amasasu cyane ko nkuko yabibwiye Umunyamakuru, ikibazo nk’iki ni ik’inzego z’Umutekano, ari nazo zitabajwe zigatwara icyo gisanduku n’amasasu yari akirimo.

Ntabwo turamenya niba aya masasu yabonywe ari aya gihe ki? cyangwa se yarageze aho yabonywe gute?. Turacyakurikirana….

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga