• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Ububiligi: Inyangamugayo mu rubanza rwa Bomboko yirukanywe izira kugaragaza amarangamutima

Umwanditsi
May 16, 2024

Mu rubanza rw’Umunyarwanda Nkunduwimye Emmanuel bakunda kwita Bomboko ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, rurimo kuburanishirizwa I Buruseli mu Gihugu cy’u Bubiligi, inyangamugayo imwe mu bagize inteko iburanisha yirukanywe muri uru rubanza azizwa kugaragaza amarangamutima yafashwe nko kwerekana aho abogamiye.

Kwirukanwa kw’iyi Nyangamugayo, byaturutse ku mwunganizi w’uregwa wamwiyamiye mu ruhame imbere y’inteko iburanisha, agaragaza ko ubwo umutangabuhamya ku ruhande rw’uregwa yari imbere y’urukiko atanga ubuhamya, iyi nyangamugayo yazunguje umutwe, ibyafashwe nko kugaragaza amarangamutima yo kubogama.

Uyu mwunganizi wa Bomboko akimara kugaragariza urukiko impungenge, rwafashe akanya rujya kwiherera, rugaruka rwanzura ko iyi nyangamugayo yirukanywe muri uru rubanza ihita isimbuzwa indi nkuko biteganywa n’amategeko agenga izi manza.

Kuva uru rubanza rwatangira ku wa 08 Mata 2024, Bomboko kugeza n’uyu munsi yagiye agaragariza urukiko ko ibyo aregwa nta ruhare abifitemo, ko ari umwere. Avuga ko ahubwo nawe igihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yahigwaga bamwita icyitso cy’Inkotanyi bitewe n’uko yari afite umugore uvukana na Majyambere Silas wari warahunze Igihugu mbere y’uko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda iba.

Uretse uyu Bomboko uhakana ibyo akurikiranyweho ku ruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, hari na bamwe mu baje mu rukiko kumutangira ubuhamya bagaragaza ko ibyo akurikiranyweho ntabyo bazi, ko yari umuntu mwiza.

Bamwe mu bo mu muryango we, kimwe n’abandi baje ku ruhande rwe( Bomboko) banyuze imbere y’inteko iburanisha, bagiye bagaragaza ko uregwa arengana, abeshyerwa. Hari abagaragaje ko umutangabuhamya uvugwa ko ari we wamufungishije ibyo ari ikinyoma ngo kuko we atari muri Kigali, ko ndetse atariho yarokokeye Jenoside.

Abavuga ibi, babishingira ahanini ku cyangombwa cy’uyu mutangabuhamya kigaragaza aho yarokokeye ndetse bagashingira no ku ifishi ye bivugwa ko yakingirijeho umwana mu minsi mike mbere y’uko Jenoside yakorewe Abatutsi itangira. Ibyo biha aba bo kuruhande rwa Bomboko kuvuga ko ibivugwa atari ukuri, ko ntaho yahuriye n’uregwa.

Muri uru rubanza kandi, hagaragaye abatangabuhamya babwiye urukiko ko bamwe bo mu muryango wa Bomboko babahaye amafaranga bagamije kubagura kugira ngo bareke kuza  kumushinja ariko bo bakayanga.

Nkunduwimye Emmanuel uzwi cyane ku zina rya Bomboko, ni umugabo w’imyaka 65 y’amavuko. Akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibyaha byibasiye inyokomuntu hamwe n’ibyaha byo gusambanya Abagore muri Jenoside.

Ibyaha Bomboko akurikiranyweho, bivugwa ko yabikoreye mu mujyi wa Kigali ahazwi nko mu Gakinjiro hari muri Segiteri Cyahafi, aha hakaba hari igaraje ryitwaga AMGAR, bivugwa ko ari naho yari acumbikiye Intarahamwe, abatutsi bicwaga bakajugunywa mu byobo byari inyuma y’iryo garaje abandi bakahabicira.

Hari abatanze ubuhamya bagaragariza inteko iburanisha ko Abatutsi bicwaga, by’umwihariko igitsina gore babanzaga gufatwa ku ngufu kandi mu babikoraga na Bomboko ashyirwa mu majwi.

Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga