• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Kamonyi-Rukoma/ College APPEC: Abarezi, Ubuyobozi n’Abanyeshuri baremeye intwaza

Umwanditsi
May 29, 2024

Ubuyobozi bw’ishuri rya College APPEC, Abarezi n’Abanyeshuri b’iki kigo, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 29 Gicurasi 2024 bakoze igikorwa ngarukamwaka cy’Ubudaheranwa biyemeje cyo kuba hafi Intwaza Mukakimenyi Rose. Bamuganirije bamuha n’ubutumwa bumuhumuriza, bamwereka ko bamuri hafi, banamugenera impano zirimo; Ibiribwa bitandukanye, Ibikoresho byo mu gikoni n’iby’Isuku, bamuha kandi Amafaranga yo kumufasha kwikenura, byose bifite agaciro k’asaga ibihumbi 400 y’u Rwanda. Banamuyagiye ku bwo kubura Umubyeyi we.

Harerimana Prosper, Umuyobozi wa College APPEC Remera Rukoma yabwiye intyoza.com ko iki ari igikorwa nk’ubuyobozi bw’Ikigo baha agaciro gakomeye kuko biyemeje iteka, umunsi ku munsi kuba hafi y’iyi Ntwaza bakamumenya ntagire icyo abura bahari.

Abanyeshuri ba College APPEC ntabwo basigaye inyuma. Bavuga ko uyu ari umuco bagomba gutozwa kandi bakawukurana.

Avuga kandi ko ku musura byahuriranye n’ibyago yagize byo kubura umukecuru we umubyara, bityo bakaba bagombaga kumuba hafi bakanamufata mu Mugongo ku bw’ibi byago. Ahamya ko uyu ari Intwaza biyemeje gukurikirana bya hafi, bakamwereka ko nubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yamusize wenyine ariko ko Igihugu gihari, ko hari Ubuyobozi n’Abavandimwe bo kumwitaho, ko ntacyo azaburana ayo maboko.

Mukakimenyi Rose w’imyaka 70 y’amavuko, ariwe Ntwaza wasuwe yashimiye ubuyobozi bwa College APPEC Remera Rukoma, Abarezi ndetse n’abanyeshuri, ashimira kandi Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rukoma n’Igihugu muri rusange.

Yavuze kandi ati“ Nta bana mfite, bishwe muri Jenoside 1994 ndetse n’umugabo wange. Byose byatewe n’ubuyobozi bubi bwariho none ubu dufite ubuyobozi bwiza butwitaho. Nshimiye cyane FPR Inkotanyi, cyane Perezida Kagame wahagaritse Jenoside kandi akaba atuyoboye neza ndetse n’abo bafatanya mwebwe muri hano”. Yongeyeho ati“ Nshimye ko iyo muje munzanira abana. Ntabwo ndi jyenyine mfite abayobozi kandi mfite n’abana”.

Mandera Innocent, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma yabwiye intyoza.com ko bafite Intwaza 24 mu Murenge wose, mu tugari dutandukanye. Ashimira ubuyobozi, Abarezi n’Abanyeshuri ba College APPEC ku bw’iki gikorwa cyo kwita no kuba hafi intwaza.

Gitifu Mandera Innocent(hagati), Diregiteri Harerimana Prosper bashyikiriza Intwaza ibahasha.

Gitifu Mandera, avuga ko Ibigo by’Amashuri bibarizwa muri uyu Murenge byiyemeje buri kimwe kugira Intwaza bafataho inshingano ibihe byose, bakamuba hafi, bakamusura bagamije kumwereka ko atari wenyine, ko bahari ku bwe, ko Igihugu gihari, Ubuyobozi buhari.

Gitifu, ahamya ko igikorwa nk’iki cyo kwita ku Ntwaza kigaragaza Umuco mwiza ukomeye wo gufatanya, hagamijwe kwita no gufasha Intwaza. Ashimangira ko ibi byongera kwereka Intwaza ko nubwo yabuze umuryango ariko atabuze Igihugu, atabuze Ubuyobozi n’Abavandimwe bo kumwitaho.

Mu mpano College APPEC yageneye Intwaza Mukakimenyi Rose harimo; Umuceri, Kawunga, Ibishyimbo, Ubuto, Ikarito y’isabune, Isukari hamwe n’ibahasha irimo amafaranga, byose bifite agaciro k’Ibihumbi 415 by’Amafaranga y’u Rwanda.

Iki gikorwa College APPEC yakoze cyo gusura iyi Ntwaza, kibaye mbere y’amasaha make ngo iki kigo kibuke Ababyeyi, Abarezi ndetse n’Abanyeshuri bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Umuhango wo ku bibuka uteganijwe kuri uyu wa Kane tariki 30 Gicurasi 2024.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga