• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Ububiligi: “Sinigeze nica yewe sinanigeze mfata ku ngufu”-Bomboko

Umwanditsi
June 4, 2024

Nkunduwimye Emmanuel uzwi ku izina rya Bomboko, umunyarwanda umaze hafi amezi abiri aburanishwa mu rukiko rwa Rubanda i Buruseli mu Gihugu cy’u Bubiligi, aho akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda 1994, kuri uyu wa mbere tariki 03 Kamena 2024 nibwo ibijyanye no no kuburana no kwiregura byasojwe uregwa akomeza guhakana ibyo aregwa.

Mu ijambo rye rya nyuma mbere y’uko urukiko rujya mu mwiherero wo gusuzuma iby’urubanza rwe ngo rubone gufata umwanzuro, Emmanuel Nkunduwimye mu magambo make yabwiye urukiko, yongeye guhakana ibyo aregwa. Yagize ati “Nta byinshi mfite byo kuvuga uretse gushimira abanyamategeko banjye n’umuryango wanjye wambaye hafi”.

Ageze ku ngingo yo kugira icyo avuga ku byaha ashinjwa, yagize ati “Nta muntu n’umwe nigeze nica, nta vangura nigeze ngira, ndetse nta n’ubwo nigeze mfata umugore n’umwe ku ngufu”. Yavuze kandi ko icyo we yakoze ari ukurwana ku muryango we n’abandi bantu yabashije kubona bari bakeneye ubutabazi.

Uhereye igihe uru rubanza rwatangiriye tariki 08 Mata 2024 kugeza uyu munsi rurimo kugana ku musozo, Bomboko yagiye agaragariza urukiko ko ibyo aregwa nta ruhare abifitemo, ko ari umwere.

Yabwiye urukiko ko ahubwo nawe igihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yahigwaga bamwita ko ari icyitso cy’Inkotanyi bitewe n’uko yari afite umugore uvukana na Majyambere Silas wari warahunze Igihugu mbere y’uko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda iba.

Mu batangabuhamya bagaragaye mu rukiko kandi, hari bamwe mu baje kumutangira ubuhamya bagaragaza ko ibyo akurikiranyweho ntabyo bazi, ko yari umuntu mwiza ndetse hari n’abo yafashije guhunga. Cyakora hari n’abandi bagaragaje ko abo yahungishaga abajyana muri Hoteli Mille Collines abenshi yabakaga amafaranga.

Hari kandi bamwe mu bo mu muryango we, kimwe n’abandi baje ku ruhande rwe, banyuze imbere y’inteko iburanisha, bagiye bagaragaza ko uregwa arengana, abeshyerwa.

Nkunduwimye Emmanuel uzwi cyane ku zina rya Bomboko, ni umugabo w’imyaka 65 y’amavuko. Urubanza rwe rwatangiye kuburanishwa i Buruseli tariki ya 08 Mata 2024. Akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, Ibyaha byibasiye inyokomuntu hamwe n’ibyaha byo gufata Abagore ku ngufu muri Jenoside. Ibyaha akurikiranyweho, bivugwa ko yabikoreye mu mujyi wa Kigali ahazwi nko mu Gakinjiro hari muri Segiteri Cyahafi, ahari igaraje ryitwaga AMGAR. Bivugwa ko Abatutsi bicwaga bakajugunywa mu byobo byari inyuma y’iryo garaje abandi bakahabicira.

Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga