• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/06/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Umurambo w’umusaza w’imyaka 67 wasanzwe mu cyumba araramo
18/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro cyane ko nta wundi bafite ubibakorera-Guverineri Kayitesi
18/06/26
Amajyepfo: Polisi iragira iti“ Ntabe ari Njye urebera abakora ibinyuranyije n’Amategeko…, ibyaha”
18/06/26
Kamonyi-Nyamiyaga: Yaguwe gitumo arimo gusambanya ufite uburwayi bwo mu mutwe

Ububiligi: Nkunduwimye (Bomboko) ahamijwe ibyaha bya Jenoside ahita atabwa muri yombi

Umwanditsi
June 8, 2024

Hari hashize iminsi itatu urukiko ruri mu mwiherero, aho rwasuzumaga uko urubanza rw’Umunyarwanda Nkunduwimye Emmanuel bakunda kwita Bomboko rwagenze, haba ku bamushinje, Abamushinjuye, kwiregura kwe ku byaha bya Jenoside. Nk’ibisanzwe, yaje mu rukiko agaragara nk’uri busubireyo, aherekejwe n’abatari bake bo mu muryango we. Urukiko rukimuhamya ibyaha, rwahise rutegeka Polisi kumuta muri yombi, abaje bamuherekeje bataha bonyine.

Kuva ku wa mbere kugera ku wa kane nibwo urukiko rwagiye mu mwiherero. Mbere yo kuwujyamo rwabanje kubaza Bomboko kugira icyo avuga ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi yashinjwe mu rubanza rwari rumaze ibyumweru bisaga bitandatu mu rukiko rwa Rubanda I Buruseli mu Gihugu cy’u Bubiligi.

Soma hano icyo yabwiye urukiko ku byaha yashinjwaga;Ububiligi: “Sinigeze nica yewe sinanigeze mfata ku ngufu”-Bomboko

Kuri uyu wa Kane ubwo rwasohokaga mu mwiherero, rwafashe igihe kitari gito rusoma urubanza, rusoza rumuhamya ibyaha byose yashinjwaga uko ari bitatu; Ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, Ibyaha byibasiye inyoko muntu hamwe n’ibyaha byo gufata Abagore ku ngufu muri Jenoside.

Rukimara gusoma urubanza rukamuhamya ibyaha, ntabwo yabaye agisohotse mu rukiko nk’ibisanzwe iyo yabaga amaze kuburana. Urukiko rwahise rutegeka Polisi kumuta muri yombi, ihita imwambika amapingu, imutwara ubwo bitandukanye n’uko yajyaga asohoka yijyanye atashye iwe. Abaje bamuherekeje basubiyeyo bonyine undi ajyanwa gufungwa.

Uretse kuba urukiko rwasomye urubanza rukamuhamya ibyaha, ntabwo rwatangaje ako kanya ibijyanye n’ibihano rumuhanishije. Urukiko, rwavuze ko ibijyanye n’ibihano  ruzabitangaza ku wa mbere I saa tatu.

Umunyamakuru Grace Ingabire woherejwe n’Umuryango w’Abanyamakuru baharanira Amahoro( Pax Press) gukurikirana iby’uru rubanza, avuga ko mu bigaragara Bomboko nta gahunda yo gufatwa yiyumvagamo bitewe n’ukuntu yagaragaraga mu rukiko, uko yaje yambaye(umweru hejuru) bigaragara ko asa n’uwiteguye ko ari butsinde agataha.

Nkunduwimye Emmanuel uzwi cyane ku zina rya Bomboko, ni Umunyarwanda w’imyaka 65 y’amavuko. Afite ubwenegihugu bw’Ububiligi ari naho atuye.

Urubanza rwa Bomboko rwatangiye kuburanishwa i Buruseli tariki ya 08 Mata 2024. Akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, Ibyaha byibasiye inyokomuntu hamwe n’ibyaha byo gufata Abagore ku ngufu muri Jenoside. Ibi byaha byose urukiko rwamuhamije bivugwa ko yabikoreye mu mujyi wa Kigali ahazwi nko mu Gakinjiro. Mu gihe cya Jenoside na mbere yaho hari muri Segiteri Cyahafi. Byavuzwe mu rukiko ko ahari igaraje ryitwaga AMGAR ariho Abatutsi bicirwaga bakajugunywa mu byobo byari inyuma y’iryo garaje abandi bakahabicira.

Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5983 Posts

Politiki

4230 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga