• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya yirukanywe muri Guverinoma

Umwanditsi
July 25, 2024

Mu itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe, none ku wa 25 Nyakanga 2024, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yirukanye mu mirimo Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc wari Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo mu Rwanda. Itangazo rivuga ko yirukanwe kubera ibyo akurikiranyweho agomba kubazwa.

Iri tangazo ryasohotse muri iki gitondo, rigira riti“ Hashingiwe ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116, None ku wa 25 Nyakanga 2024, Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya yirukanywe ku mirimo yari ashinzwe nka Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo (Mifotra) kubera ibyo agomba kubazwa akurikiranyweho”.

Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, nta gihe kinini yari amaze kuri uyu mwanya kuko tariki ya 12 Kamena uyu mwaka aribwo Perezida wa Repubulika yari yamushinze iyi Minisiteri. Iyi ni Minisiteri ya 4 yari ayoboye.

Mbere yo kuba Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya yabaye Minisiteri w’Uburezi, aba Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, yabaye kandi Minisitiri w’Ibidukikije.

Muri 2013, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yohereje Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya guhagararira u Rwanda (Ambasaderi) mu gihugu cy’u Burusiya, aho yamaze imya itandatu kuko yagarutse mu Rwanda mu 2019 agizwe Minisitiri w’Ibidukikije.
Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga