• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
14/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
14/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Kamonyi-Gacurabwenge: Inyubako(Dortoire) y’ishuri rya Ste Bernadette yafashwe n’Inkongi y’Umuriro irashya irakongoka

Umwanditsi
September 4, 2024

Ni inyubako(Dortoire) iherereye mu kagari ka Nkingo, Umurenge wa Gacurabwenge ho mu karere ka Kamonyi. Yafashe n’inkongi y’Umuriro ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu ahagana ku i saa cyenda. Ni inyubako yabagamo abanyeshuri b’Abahungu.

Iyi nyubako (Dortoire) yahiye igakongoka, ifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyoni 120. Ni mu gihe agaciro k’ibyahiriye muri iyi nyubako kabarirwa mu mafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyoni 40 nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’ikigo.

Padiri Majyambere Jean D’Amour, Umuyobozi w’iki kigo cy’ishuri cyitiriwe Mutagatifu Berenadeta( ESB Kamonyi), yabwiye intyoza.com ko gushya kw’iyo nyubako kwatewe n’umuriro w’amashanyarazi ubwo hari umukozi wari mukazi afite ibyo yasudiraga.

Imodoka ebyiri za Polisi y’u Rwanda, kabuhariwe mu kuzimya inkongi z’umuriro nizo zitabajwe zituruka i Kigali zambuka Nyabarongo kugera ku Kamonyi haruguru gato y’ahazwi nko ku Masuka kugira ngo zitange ubufasha mu kuzimya iyo nkongi.

Gushya kw’iyo nyubako, kubaye mu gihe itangira ry’amashuri ribura iminsi mike kuko ku ngengabihe Minisiteri y’Uburezi yatanze, igaragaza ko itangira ry’amashuri ari tariki ya 09 Nzeri 2024 kandi abanyeshuri bagomba kuhagera mbere y’iyo tariki. Ubuyobozi bw’ikigo bugiye gushaka byihutirwa aho abanyeshuri bagomba kuzaruhukira, cyane ko aha hahiye ari igice cy’ahabaga gusa abahungu.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga