• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
10/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
10/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
10/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Tanzania: Haravugwa ishimutwa n’iyicwa ry’utavuga rumwe n’ubutegetsi

Umwanditsi
September 9, 2024

Perezida Samia Suluhu wa Tanzania yategetse ko hakorwa iperereza ku iyicwa ry’umwe mu batavugarumwe n’ubutegetsi bakomeye muri Tanzania. Mohamed Ali Kibao, wari mu bunyamabanga bw’ishyaka Chadema, byatangajwe ko yaburiwe irengero ku wa gatandatu nyuma y’uko avanywe mu modoka rusange n’abantu batamenyekanye ubwo yarimo yerekeza iwabo ku ivuko mu mujyi wa Tanga avuye i Dar es Salaam. Umurambo we waje kuboneka mu gace ka Ununio, mu majyaruguru ya Dar es Salaam. Ubu hari gukorwa isuzuma mu kugaragaza icyamwishe.

Ishyaka Chadema rivuga ko abantu bitwaje intwaro bahagaritse iyo modoka rusange igeze hafi y’ahitwa Tegeta bakoresheje imodoka bwite ebyiri, bategeka umushoferi n’abagenzi kudasohoka mu modoka, “binjiramo basohora ku ngufu Mzee Kibao wari ugiye i Tanga”.

Umurambo we waje kuboneka kuri iki cyumweru, amakuru y’ibinyamakuru mu gihugu avuga ko umubiri we werekana ibimenyetso ko yakorewe iyicarubozo. Mu butumwa yashyize ku rubuga X, Perezida Samia yagize ati: “ Nategetse abashinzwe iperereza kumpa raporo irambuye kuri iki gikorwa cy’urwango, hamwe n’ibindi bisa na cyo, vuba bishoboka”.

Perezida Samia yakomeje ati“ Igihugu cyacu ni demokarasi, kandi buri muturage afite uburenganzira bwo kubaho. Leta nyoboye ntabwo yihanganira ibikorwa nk’ibi by’ubugome”.

Samia yavuze ko yihanganishije umuryango wa Kibao, inshuti ze na bene wabo, n’abakuriye ishyaka Chadema. Iyicwa rya Kibao ryateye uburakari no kwamaganwa muri Tanzania, benshi basaba Leta gufata ingamba ku bantu baburirwa irengero, abashimutwa na bamwe bicwa.

Ishyaka Chadema, n’ayandi, ryamaganye ubu bwicanyi kandi ryasabye Leta ibisobanuro no kugira icyo ikora. Ku butegetsi bwa John Magufuli (2015 – 2021) Leta ye yanenzwe guhonyora uburenganzira bwa muntu, kwibasira abatavuga rumwe n’ubutegetsi no gufunga ubwisanzure bw’itangazamakuru.

Ageze ku butegetsi nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga, Samia Suluhu yizeje igihugu cyubahiriza uburenganzira n’ubwisanzure bwa bose.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga