• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
17/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari
17/09/25
Indege itagira umupirote( Drone) y’Igisirikare cy’u Rwanda yakomerekeje Abanyeshuri
17/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa

Uwari Minisitiri w’Uburezi yasimbujwe, yoherezwa kuyobora iby’Isanzure

Umwanditsi
September 12, 2024

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyizeho Minisitiri mushya ushinzwe Minisiteri y’Uburezi. Uwari ushinzwe iyi Minisiteri yoherejwe kuyobora Urwego rushinzwe isanzure. Minisiteri ifite Siporo mu nshingano zayo( MINISPORTS), nayo yahawe Umunyamabanga uhoraho.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu Tariki 11 Nzeri 2024, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda byatangaje ko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda,  Paul Kagame yashyizeho Minisitiri mushya w’Uburezi.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, rigaragaza kandi ko hashyizweho Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, hashyirwaho kandi Umuyobozi mukuru w’urwego rushinzwe Isanzure.

Minisitiri mushya w’Uburezi.

Minisitiri mushya wa Minisiteri y’Uburezi washyizweho ni; Joseph Nsengimana aho yari asanzwe ari umuyobozi mu kigo cya MasterCard Foundation gishinzwe guteza imbere uburezi kuri bose binyuze mu ikoranabuhanga.

Uwari usanzwe ayobora Minisiteri y’Uburezi, Gaspard Twagirayezu.

Ni mu gihe uwari Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu yambuwe kuyobora iyi Minisiteri ahabwa inshingano zo kuba Umuyobozi mukuru w’Urwego rushinzwe iby’Isanzure, aho yasimbuye kuri uyu mwanya Col. Francis Ngabo.

Nelly Mukazayire.

Muri izi mpinduka zakozwe, Nelly Mukazayire wari umuyobozi mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere( RDB) yahawe inshingano zo kuba Umunyamabanga uhoraho(PS) muri Minisiteri ya Siporo( MINISPOERTS), aho kuri uyu mwanya yasimbuye Zephanie Niyonkuru uherutse kwirukanwa.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5867 Posts

Politiki

4118 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga