• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
27/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
27/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
27/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Uwari Minisitiri w’Uburezi yasimbujwe, yoherezwa kuyobora iby’Isanzure

Umwanditsi
September 12, 2024

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyizeho Minisitiri mushya ushinzwe Minisiteri y’Uburezi. Uwari ushinzwe iyi Minisiteri yoherejwe kuyobora Urwego rushinzwe isanzure. Minisiteri ifite Siporo mu nshingano zayo( MINISPORTS), nayo yahawe Umunyamabanga uhoraho.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu Tariki 11 Nzeri 2024, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda byatangaje ko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda,  Paul Kagame yashyizeho Minisitiri mushya w’Uburezi.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, rigaragaza kandi ko hashyizweho Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, hashyirwaho kandi Umuyobozi mukuru w’urwego rushinzwe Isanzure.

Minisitiri mushya w’Uburezi.

Minisitiri mushya wa Minisiteri y’Uburezi washyizweho ni; Joseph Nsengimana aho yari asanzwe ari umuyobozi mu kigo cya MasterCard Foundation gishinzwe guteza imbere uburezi kuri bose binyuze mu ikoranabuhanga.

Uwari usanzwe ayobora Minisiteri y’Uburezi, Gaspard Twagirayezu.

Ni mu gihe uwari Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu yambuwe kuyobora iyi Minisiteri ahabwa inshingano zo kuba Umuyobozi mukuru w’Urwego rushinzwe iby’Isanzure, aho yasimbuye kuri uyu mwanya Col. Francis Ngabo.

Nelly Mukazayire.

Muri izi mpinduka zakozwe, Nelly Mukazayire wari umuyobozi mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere( RDB) yahawe inshingano zo kuba Umunyamabanga uhoraho(PS) muri Minisiteri ya Siporo( MINISPOERTS), aho kuri uyu mwanya yasimbuye Zephanie Niyonkuru uherutse kwirukanwa.

intyoza

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga