• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Kamonyi-Rukoma: Ukekwaho kwica umusore w’imyaka 24 yatawe muri yombi

Umwanditsi
November 28, 2024

Ahagana ku i saa munani zo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Ugushyingo 2024 nibwo mu Mudugudu wa Kabande, Akagari ka Remera, Umurenge wa Rukoma ho mu Karere ka Kamonyi mu ishyamba riri hepfo y’Ibitaro bya Remera Rukoma hafi y’irimbi habonywe umurambo w’umusore witwa Sibomana Emmanuel w’imyaka 24 y’amavuko wari amaze kwicwa. Nyuma gato y’uko inzego zitandukanye zihageze mu ikusanyamakuru n’ubutabazi, umwe mu bakekwaho ubu bwicanyi yatawe muri yombi ku bufatanye bwa Polisi n’Abaturage.

Amakuru intyoza.com ikesha bamwe mu baturage b’Umurenge wa Rukoma ni uko umusore umwe mu bakekwaho kwica Sibomana Emmanuel yamaze gutabwa muri yombi, aho yahise ajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi na RIB ya Rukoma.

Itabwa muri yombi rye, ryaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bamukekaga maze ubwo uyu ukekwa yari ku igare atwaye icupa ririmo inzoga amanuka mu muhunda yerekeza Gishyeshye ugana i Ngamba akubitana n’Inkeragutabara, nk’uwikekaga ubwoba buramutaha ava ku igare yariho ariruka ariko bamutibikaho baramufata bamushyikiriza Polisi.

Amakuru intyoza.com yasanze i Rukoma mu masaha y’ijoro ubwo uyu ukekwa yari amaze gufatwa ni uko yagaragaraga nk’ucyeye avuye mu rugo guhindura imyenda kuko iyo abaturage bamubonanye ava ahasanzwe umurambo siyo yari yambaye ari ku igare.

Andi makuru kandi, avuga ko nyuma y’uko bamufashe bagiye kumusaka iwe basangayo inkota yasaga nk’aho igitose bigaragara ko yanyujijweho amazi, yogejwe!, bahasanga kandi n’imyenda abaturage bavugaga ko bamubonanye, iyo hejuru yamaze kuyimesa, ipantaro ariyo itameshwe.

Abaturage, babwiye intyoza.com ko mu kumufata yavuze abandi bantu bari kumwe mu kwica nyakwigendera, aho aba batabashije guhita bafatwa. Uwafashwe kandi, amakuru ahari ni uko amaze igihe gito afunguwe.

Ahagana ku i saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Dr Nahayo Sylvere ari kumwe n’Ukuriye Polisi mu karere, SP Furaha hamwe n’Umukozi wa RIB Sitasiyo ya Rukoma, baganiriye ndetse bahumuriza abaturage, ariko kandi banabasaba kwirinda icyo aricyo cyose cyabajyana mu gukora ibyangwa n’Amategeko.

Yaba Dr Nahayo Sylvere, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi ndetse n’Umuyobozi wa Polisi muri aka karere, basabye abaturage kwirinda ibikorwa bigayitse by’ubwicanyi n’ibindi byose bitemewe n’amategeko, ariko kandi babasaba ko buri wese aharanira kuba ijisho rya mugenzi we, bagatangira amakuru ku gihe kandi vuba hagamijwe gukumira icyaha no gufata abakekwaho kubikora.

Umurenge wa Rukoma, ni hamwe muhabarizwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, hakaba kandi hamwe mu hakunze kurangwa ibikorwa by’urugomo n’amakimbirane bitandukanye rimwe na rimwe bigera no kuvutsanya Ubuzima.

Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga