• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
16/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
16/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Ethiopia: Abantu barenga 70 bari batashye ubukwe baguye mu mpanuka

Umwanditsi
December 31, 2024

Abategetsi, bavuga ko abantu nibura 71 bapfiriye mu majyepfo ya Ethiopia nyuma yuko imodoka y’ikamyo irohamye mu mugezi wa Galaanaa.

Umutegetsi wo muri ako gace yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko iyo modoka, yari irimo kugenda muri leta ya Sidama ku cyumweru, yaguye mu mugezi nyuma yo guhusha iteme.

Wosenyeleh Simion, yavuze ko abagenzi benshi bari batashye ibirori by’ubukwe.
Simion yavuze ko Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda ikorera muri ako gace yatangaje ko iyo kamyo yari ipakiye kurenza ubushobozi bwayo, bikaba bishoboka ko ari yo mpamvu yatumye biba. Andi maperereza arimo gukorwa.

Ubuyobozi bwa Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda yo muri leta ya Sidama bwavuze ko mu bantu bazwi ko bapfuye, 68 bari abagabo naho batatu bari abagore.

Amafoto yahinduwe kugira ngo atagaragara neza yatangajwe ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook n’urwego rushinzwe ubuvuzi muri iyo leta, agaragaza itsinda ry’abantu bagerageza gukurura imodoka yangiritse bayikura mu mazi mu karere ka Bona.

Nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga, Andi mafoto yatangajwe n’urwo rwego asa nk’agaragaza imirambo, imwe itwikirijwe amahema (shitingi) y’ibara ry’ubururu, iri hasi.

Abantu babarirwa mu bihumbi bapfa buri mwaka muri Ethiopia bazize impanuka zo mu muhanda, akenshi bitewe n’umuvuduko urenze urugero no kwirengagiza amategeko agenga ibinyabiziga mu muhanda.
intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga