• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
14/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
14/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Kamonyi-Nyamiyaga: Imodoka yagurishijwe asaga Miliyoni 10 abyazwa inzu mberabyombi ya Miliyoni zisaga 73

Umwanditsi
February 4, 2025

Ubuyobozi n’Abaturage b’Umurenge wa Nyamiyaga ho mu Karere ka Kamonyi, bagurishije imodoka y’Isuku n’Umutekano kuri Miliyoni icumi n’ibihumbi ijana(10,100,000Frws). Bahereye ku yaguzwe imodoka, bubatse inzu mberabyombi ifite agaciro ka Miliyoni zisaga 73 z’amafaranga y’u Rwanda nkuko byagaragajwe mu igenagaciro. Iyi nzu, bayitashye ku mugaragaro tariki ya 01 Gashyantare 2025, ku munsi mu kuru w’Intwari.

Impamvu muzi yo guhitamo kugurisha imodoka yari yaraguzwe mu bushobozi bw’abaturage bagamije ko iza kubafasha mu bijyanye n’Isuku no kwicungira Umutekano, ni uko bisanze ibyo imodoka ibasaba(kuyitunga) batabibashije kuko buri kwezi basabwaga kwikoramo bakayishakira amafaranga yo kugura amavuta yayo(Mazutu) ndetse yaba yagize ikibazo bakaba aribo bishakamo ayo kuyikoresha, ibyo bavuga ko byatezaga ibibazo mu batari bake, bigatuma batabyumva kimwe.

Imodoka yari yaraguzwe. Aha bari mu gikorwa cyo kuyitaha,

Niyonagize Adrie, Umuhuzabikorwa w’inama y’Igihugu y’Abagore-CNF mu Murenge wa Nyamiyaga avuga ko igitekerezo cyo kwishakamo ibisubizo bakagura imodoka, bakigize nyuma y’urugendo shuri bagiriye ku murindi w’Intwari ahari Inzu y’Amateka y’ahatangiriye Urugamba rwo kubohora Igihugu, ndetse n’urugendo shuri bagiriye ku nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, ahari Inzu y’Amateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ashimangira ko bajya gutekereza kugura imodoka babonaga ko bayikeneye mu Isuku no kwicungira umutekano, ariko nyuma itangiye gukora bigera aho babona ko nta bushobozi bw’amafaranga y’amavuta yayo( Mazutu) kugira ngo ikomeze ikore, ndetse yaba yanagize ikibazo(yapfuye) bigasaba ko abaturage basabwa ayo kuyikoresha, ibyo benshi ngo bijujutiraga, bavuga ko babonye ayigura ariko batazajya babona andi nk’aya Mazutu no kuyikoresha.

Adrie Niyonagize/CNF Nyamiyaga.

Avuga ko nyuma y’ibyo bibazo byose, Njyanama y’Umurenge yandikiye Akarere isaba ko bemererwa kugurisha iyo modoka, amafaranga ayivuyemo bakareba ikindi bayakoresha mu nyungu z’Abaturage n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamiyaga.

Ati“ Akarere karabitwemereye dutekereza icyo twakora! Twari dukeneye iyi Salle(Inzu mberabyombi)”. Akomeza avuga ko iyi nzu ifite umumaro cyane kuko ngo wasangaga abaturage baje mu nama cyangwa se hari ibirori bitandukanye bakabura aho bicara hisanzuye kuko Icyumba cy’Inama ku Murenge cyari gito cyane.

Ubwo bafunguraga ku mugaragaro iyi nzu mberabyombi.

Avuga kandi ko, ubwe yitanzeho urugero, yajyaga atumiza inama y’Abagore bikabagora kubona aho bateranira bisanzuye, ndetse ngo n’abazaga ku murenge mu gusezerana cyangwa hari ibindi birori wasangaga bamwe bahera hanze hakaba ubwo imvura ibanyagira cyangwa se izuba rikahabicira, ibyo avuga ko bibaye amateka bitewe n’iyi nzu biyujurije. Ati“ iki nacyo ni igikorwa cy’Ubutwari twigereyeho”.

Gahigi Athanase, Umuturage akaba n’umwe mu bageze mu zabukuru mu murenge wa Nyamiyaga, nawe ashimangira ko umuhate wo kwishakamo ibisubizo nk’abaturage bawugize nyuma y’urugendo shuri bagize, haba ahatangirijwe urugamba rwo kubohora Igihugu ndetse n’urwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Avuga ko nyuma yo gukora urwo rugendo shuri, baje bagashyira hamwe bakigurira Imodoka, bakiyubakira Sitade ya Ngoma muri uyu Murenge, aho iyi Sitade ikinirwaho Umupira w’amaguru, abiruka bakiruka ariko kandi ikanakira ibirori bitandukanye kuko ari hagari cyane.

Gahigi Athanase.

Ashimangira ko kugurisha Imodoka bakubaka Inzu mberabyombi ari igisubizo cyiza kandi kirambye ku baturage ba Nyamiyaga kuko iyi nzu itaje kuba umuzigo ku baturage bajyaga basabwa kenshi amafaranga yo gutunga imodoka, ahubwo ko ari inzu ije nk’igisubizo, haba ku bagana Umurenge bashaka Serivise zitandukanye ndetse n’Ubuyobozi bwagorwaga no kubona icyumba kigari bwakiriramo Abaturage.

Ashimangira kandi ko Umuturage ufite ibirori azabyungukiramo cyane kuko ngo nk’abagiraga ubukwe wasangaga bibagoye ariko ubu bakaba boroherejwe.

Niyoniringiye Jean Pierre, Perezida w’Inama Njyanama y’Umurenge wa Nyamiyaga avuga ko gufata icyemezo cyo kugurisha imodoka ari uko nubwo yari yaguzwe mu bushobozi, mu mikoro y’abaturage basanze kuyitunga igihe, kugira ngo ikore bisaba amikoro Umurenge udafite bitewe n’uko nta ngengo y’Imari ufite.

Niyoniringiye Jean Pierre/Perezida w’Inama Njyanama y’Umurenge wa Nyamiyaga.

Ahamya ko nyuma yo kubisabwa n’abaturage ba Nyamiyaga ndetse bagasanga bifite ishingiro, bahisemo kugurisha imodoka, bubaka iyi nzu mberabyombi ije nk’igisubizo haba ku buyobozi ndetse n’Abaturage kuko iragutse, izajya yakira inama, ikorerwemo imyidagaduro, abafite ibirori nk’ubukwe n’ibindi bayikoreshe boroherejwe kuko ari igikorwa cyavuye mu bwitange n’ubushobozi bw’Abaturage.

Imbere muri iyi nzu mberabyombi hararimbishijwe bitari ibikodeshanyo.

Iyi nzu mberabyombi, yuzuye itwaye asaga Miliyoni 73 z’amafaranga y’u Rwanda. Harimo uruhare rw’Abaturage ndetse n’abafatanyabikorwa muri uyu murenge, ariko kandi by’umwihariko hakabamo uruhare rwa Abizeye Vedaste, rwiyemezamirimo wabubakiye iyi nyubako akanabatwerera asaga Miliyoni 20 mu mafaranga y’u Rwanda.

Abizeye Vedaste (ibumoso), yashimwe mu ruhame n’Ubuyobozi bw’Umurenge(Gitifu iburyo, abaturage bahimbye Nzirubugwari), ku ruhare rwe mu kugira ngo Abaturage n’Ubuyobozi i Nyamiyaga babone iyi nzu mberabyombi.

 

Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga