• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Kamonyi-Rukoma: Litiro hafi 700 z’inzoga zitemewe zafatiwe mu mukwabu wa Polisi

Umwanditsi
February 18, 2025

Ni umukwabu(Operasiyo) wakozwe na Polisi y’u Rwanda ikorera mu Murenge wa Rukoma ahagana ku i saa kumi n’imwe z’igitondo cyo kuri uyu wa 17 Gashyantare 2025 mu Mudugudu Gahungeri, Akagari ka Gishyeshye, Umurenge wa Rukoma, aho mu nzu y’Umuturage hasanzwe Ibidomoro n’amajerekani birimo Litiro hafi 700 z’izi nzoga z’inkorano zitemewe, zangiza ubuzima zikanateza umutekano muke.

Umunyamakuru wa intyoza.com wageze aho izi nzoga zafatiwe ari naho zamenwe, bamwe mu baturage bamubwiye ko babonye Abapolisi n’izindi nzego baza mu rugo bazindutse, bakinguza abari mu nzu, binjiye basangamo inzoga z’inkorano zitemewe.

Bamwe muri aba baturage, bavuga ko ibintu nk’ibi babonye by’inzoga n’uko zingana bitakorwa ubuyobozi bw’ibanze buhegereye butabizi, ko ikigaragara habamo guhishira ababikora bitewe n’inyungu za bamwe.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yabwiye intyoza.com ko uyu mukwabo wakozwe mu rwego rwo gukumira no kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge zizwi ku izina rya Muriture cyangwa Nyirantare.

Abaturage baganiriye n’umunyamakuru bavuga ko izi nzoga zigira amazina menshi, ko izirimo gukorwa bamwe bazihaye amazina ya; Tigo n’Umutobe yiyongera kuri ariya ya Nyirantare, Muriture n’ayandi.

SP Emmanuel Habiyaremye, yabwiye intyoza.com ko urugo rwafatiwemo izi nzoga ari urw’umuturage Niyigaba Fabien, hakaba hamenwe Litiro 660. Izi nti habariwemo izatombotse zikameneka. Akomeza avuga ko aha hanafatiwe abagabo babiri bari baje kurangura, aho bahise bajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rukoma.

Avuga kandi ko Amakuru Polisi ifite ari ay’uko hari undi muntu uri inyuma yabyo ushobora kuba ariwe uzenga, akajijisha zikabikwa ahandi. Gusa ngo nyuma y’amakuru yatanzwe na bamwe mu baturage hagafatwa izi nzoga, hatangiye iperereza.

Inzoga zafashwe zamenewe imbere y’abaturage kandi bibutswa ububi bwazo kugirango bazirinde. Basabwe kandi kuba abafatanyabikorwa beza mu kurwanya no gukumira ibyaha n’abakora ibitemewe, gutanga amakuru neza kandi ku gihe.

SP Emmanuel Habiyaremye, avuga ko Polisi y’u Rwanda iburira abishora bose mu gukora no gucuruza izi nzoga, yibutsa ko batazihanganirwa kuko zigira ingaruka nyinshi ku buzima bw’abazinywa ndetse n’abazikora, guteza umutekano muke ndetse n’uburwayi butandukanye.

Inzu yasanzwemo izi nzoga.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga