• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: The Brothers F.C yatsinze Arsenal 3-2 mu mukino wo Kwibuka abari Abasiporutifu
04/05/26
Nyarubaka-Kwibuka32: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bunamira kandi bashyira indabo ahiciwe abana basaga 100
04/05/26
Itangazo ryo guhinduza amazina ya Nyiracumi Theodosie
04/05/26
Karama-Kwibuka32: Kuba muriho uyu munsi ni igihamya cy’uko umwijima utigeze uzimya Urumuri rwanyu-Zacharie/Ibuka

Kamonyi-Mugina: Umuntu bamwishe bamutwara isura n’ikiganza

Umwanditsi
February 21, 2025

Mu Mudugudu wa Mataba Nord, Akagari ka Jenda, Umurenge wa Mugina ho mu Karere ka Kamonyi, kuri uyu wa 21 Gashyantare 2025 hagaragaye umurambo w’umugabo witwa Ngirababyeyi Aimable w’imyaka 68 y’amavuko wishwe. Abamwishe, bakase isura n’ikiganza barabitwara.

Amakuru bamwe mu baturage bahaye intyoza.com, bavuga ko uyu mugabo bamubonye aryamye kugasozi yapfuye babonye uko yari ameze bakeka ko yishwe kuko yaciwe ukuboko kwe kw’ibumoso bagatwara ikiganza, ndetse bakanamukata isura bagatwara, ibyo bavuga ko ntawabyikora.

Uyu Nyakwigendera, Ngirababyeyi Aimable amakuru agera ku intyoza.com ni uko avuka mu Karere ka Ngororero ariko akaba afite iranganuntu yafatiye ku Mugina. Bivugwa kandi ko umugore bashakanye bari baratandukanye.

Abamubonye bwa mbere aho yari yiciwe cyangwa yashyizwe amaze kwicwa bavuga ko yari aryamye acuritse umutwe, yambaye umupira w’icyatsi ndetse n’ipantaro y’umweru, iruhande rwe hari inkweto za bodaboda z’ibara ritukura.

Amakuru intyoza.com ifite ni ay’uko uyu nyakwigendera abamubonye, yatashye avuye mukabari k’uwitwa Kanani Marcel kandi uyu nawe akaba adahakana ko Nyakwigendera yigeze kugera mu kabari ke.

intyoza.com, ifite amakuru y’uko bamwe mu bakekwa bwa mbere muri ubu bwicanyi barimo nyiri akabari ndetse n’undi bivugwa ko batahanye bari mu maboko y’Ubugenzacyaha-RIB Sitasiyo ya Mugina, babazwa kuri ubu bwicanyi.

Nsengiyumva Pierre Celestin, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugina yabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko aya makuru bayamenye, ko bageze aho ubu bwicanyi bwabereye. Avuga kandi ko abakekwa bafashwe bakaba bari mu maboko ya RIB, ko nk’Ubuyobozi bahumurije abaturage ndetse iperereza ryo rikaba rikomeje.
intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5957 Posts

Politiki

4205 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga