• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kamonyi-Gacurabwenge: Abagizi ba nabi bateze umugabo atashye baramwica

Umwanditsi
March 17, 2025

Mu ijoro ryo kuri uyu wa 16 Werurwe 2025, ahagana ku i saa 22h30, mu Mudugudu wa Ryabitana, Akagari ka Gihinga, Umurenge wa Gacurabwenge ho mu karere ka Kamonyi ahazwi nko Mugihigi inyuma y’Akarere, abagizi ba nabi bateze uwitwa Nsengimana Jean Baptiste w’imyaka 45 y’amavuko bamukubita icyuma mu mutwe(Fer a Beton), apfa agejejwe ku kigo nderabuzima cya Kamonyi.

Amakuru abaturage bahaye intyoza.com mu ijoro nyuma y’ubu bugome, bavuga ko ubwo uyu mugabo yari atashye ahagana ku i saa tatu n’igice(21h30), aba bagizi ba nabi bamukurikiye bari ku igare, ajya muri Butike guhaha mu gusohoka arimo yerekeza iwe baramwitambika, bamukubita icyuma(Fer a Beton) mu mutwe, bamuta munsi y’umukingo, bamutwara ibyo bamusanganye uretse Kontaki y’imodoka batajyanye yaje gushyikirizwa Mudugudu nawe akayiha Komanda wa Polisi.

Ku makuru abaturage bahaye umunyamakuru wa intyoza.com ni uko uyu Nyakwigendera yari umushoferi wikorera utwara abagenzi i Kigali. Asize abana batatu n’umugore babanaga.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yemereye intyoza.com ko aya makuru y’iyicwa rya Nsengimana Jean Baptiste ari ukuri. Ati“ NSENGIMANA Jean w’imyaka 45 yakubiswe arakomeretswa biza kumuviramo urupfu ubwo yari agejejwe ku kigo nderabuzima cya Kamonyi. Nyuma umurambo wajyanywe ku bitaro bya Rukoma gusuzumwa”.

Akomeza avuga ko Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi yafashe abantu batatu barimo abasore 2 n’umudamu umwe bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gacurabwenge mu gihe iperereza ryatangiye.

Amwe mu makuru intyoza.com yamenye ni uko mu bakekwaho kwica uyu mugabo, hahise hafatwa uwitwa Twizeyimana Jean Bosco w’imyaka 23 y’amavuko, mu gihe uwo bari kumwe witwa Uzabakiriho Muhozi bakunze kwita Pissu w’imyaka 24 y’amavuko yahise atoroka bakimara kumwica.

Mu bafashwe kandi, amakuru agera ku intyoza.com ni uko harimo umugore bivugwa ko ari umucuruzi w’ibiyobyabwenge(Urumogi) ari nawe ngo uzi cyane aba bagizi ba nabi cyane ko iwe ariho bakundaga kujya gushaka urumogi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye avuga ko Polisi y’u Rwanda yibutsa buri wese ko nta muntu n’umwe uzavutsa undi ubuzima ngo bimugwe amahoro kuko ku bufatanye bwa Polisi n’abaturage bazahiga uwo ariwe wese ukekwa agashyikirizwa amategeko agakora akazi kayo. Asaba kandi buri wese kumva ko ubufatanye mu gukumira no kurwanya ibyaha bimureba, ko kandi nta bwihisho na bumwe ku banyabyaha kuko nta nahamwe Polisi itagera.
intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga