• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/11/25
Kamonyi-Rugalika: Hasojwe icyumweru cy’Umuryango hasezerana abarimo umaze imyaka 50
17/11/25
Ruhango-Kabagali: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho Ubujura bw’Intsinga z’Amashanyarazi yari atwaye
17/11/25
Itangazo ry’Umushinga RW0379 ADEPR Gatenga rihamagarira Gupiganira isoko
17/11/25
Amajyepfo-Turindane: Kamonyi ku isonga mu mpanuka zirimo izihitana ubuzima bw’Abantu

Kamonyi-Ngamba: Operasiyo ya Polisi isize abasore 5 barimo uzwi ku izina rya Gashoka batawe muri yombi

Umwanditsi
March 19, 2025

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi by’umwihariko mu Mirenge ya Rukoma na Ngamba kuri uyu wa 18 Werurwe 2025 yataye muri yombi abasore batanu bakekwaho guhungabanya umutekano n’ituze bya rubanda. Bavugwaho kwitwaza imipanga(Imihoro) bagatega abantu mu nzira bakabambura utwabo. Muri aba bafashwe, harimo uwari umaze igihe ashakishwa uzwi ku izina rya Gashoka.

Amakuru abaturage bo mu Murenge wa Ngamba, Akagari ka Kabuga bahaye intyoza.com ni ay’uko abafashwe barimo uyu bita GASHOKA bari barabazengereje, aho bategeraga mu nzira umuhisi n’umugenzi bakabambura iby’agaciro bafite ndetse hakaba n’abo basiga bakomerekeje.

By’umwihariko kuri uyu Gashoka, bavuga ko ariwe wari mubi cyane mugace, Ko kandi yari amaze igihe ashakishwa kuko hari umukwabu uherutse gukorwa hagafatwa bamwe mu bo bakoranaga we akawusimbuka bitewe n’uko iyo yamenyaga cyangwa se akikanga ko hari abaje kumushaka yahitaga yambuka Nyabarongo akajya hakurya muri Rulindo n’ahandi kubera gutinya gufatwa.

Munyakazi Epimaque, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba yabwiye intyoza.com ko uyu Gashoka amazina ye nyakuri ari Nzayisenga David w’imyaka 22 y’amavuko. Ahamya ko uyu hamwe na bagenzi be bari barazengereje cyane abaturage ayobora, bateza umutekano muke.

Avuga ko ubu abaturage bagiye kuruhuka. Ati“ Abaturage bararuhutse! Ubu tumeze neza pe!. Bamwe mu bakekwaga mu bikorwa bibi twari twarabafashe ariko uyu(GASHOKA) yahitaga yambuka akajya hakurya ya Nyabarongo. Muri Kabuga ni we wari usigaye ateje ibibazo kuko nta bikorwa bibi byahabaga ngo uburemo izina rye”.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yemereye intyoza.com ko aba bantu bakekwaho ibikorwa bibi batawe muri yombi. Ati“ Mu karere ka Kamonyi Umurenge wa Ngamba, Akagari ka Kabuga, Umudugudu wa Fukwe, Polisi yafashe abasore 5, aho bamwe muri bo bitwazaga imipanga bagatega abantu bakabambura”.

Avuga ko abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rukoma, aho bagomba gushyikirizwa amategeko bagakurikiranwa ku byo bakekwaho. Akomeza yibutsa ko nta mahoro Polisi izaha umunyacyaha, ko kandi kwibeshya ko wakora ibyaha ugatoroka cyangwa ukihisha bidashoboka.

Abenshi mu bari gufatirwa mu bikorwa bibi, bigaragara ko bakiri bato mu myaka, ni urubyiruko.

Muri Operasiyo cyangwa se imikwabu imaze iminsi ikorwa na Polisi y’u Rwanda mu karere ka Kamonyi, abenshi mu bafashwe mu bice bitandukanye bakekwaho gukora ibikorwa bibi birimo ibi by’abategera abantu mu nzira bakabacuza utwabo, abarimo abakekwaho Ubujura butandukanye ndetse n’abagiye bafatwa bakekwaho kwica abantu, bigaragara ko abenshi bakiri bato kuko ni urubyiruko usanga ruri mu myaka itagera kuri 30.
Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5914 Posts

Politiki

4164 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1032 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

154 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga