• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
10/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
10/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
10/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi-Kwibuka31/Rugalika: Icyifuzo cyo kwibukira kuri Nyabarongo cyahawe umugisha

Umwanditsi
April 14, 2025

Atanga ikaze ku bashyitsi n’abaje kwifatanya n’Abanyarugalika Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugalika, Nkurunziza Jean de Dieu yagejeje ku buyobozi bw’Akarere icyifuzo cy’abaturage ayoboye basaba gufashwa bakajya bibukira kuri Nyabarongo nk’ahantu hari amateka yihariye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi. Icyifuzo cyasubijwe ndetse hari icyizere ko Kwibuka 32 byazakorerwa kuri Nyabarongo.

Gitifu Nkurunziza Jean de Dieu, avuga ku byo Abanyarugalika babona bikwiye gushyirwamo imbaraga hagamijwe gukomeza kubumbatira Ubumwe bw’Abanyarwanda by’umwihariko Abanyarugarika, yasabye ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi kubafasha kubona ahantu bajya bibukira hegereye Nyabarongo kuko ibitse Amateka menshi ku Banyarugalika.

Yagize ati“ Hari ibyo tubona nk’Abanyarugalika byashyirwamo imbaraga kugira ngo dukomeze tubumbatire Ubumwe bwacu. Iyo murebye ubukana bwa Jenoside yakorewe Abatutsi kuri iyi mirenge yegereye Nyabarongo n’izindi nzuzi, wumva amarangamutima cyangwa imvamutima z’Abacitse ku icumu. Barifuza y’uko bagira ahantu bajya bibukira hegereye ruriya ruzi rwabatwariye ababo”. Yibukije ko kandi Rugalika ariho hishwe Umututsi wa mbere mu Ntara y’Amajyepfo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Gitifu Nkurunziza, yakomeje asaba ko Ubuyobozi bw’Akarere bubyemeye, Zone ya Kigeze Masaka nkuko bateganya kwiyubakira Monima(Ikimenyetso cy’amateka) mu minsi ya vuba, byaba byiza bayubatse hafi ya Nyabarongo bityo hakaba ahantu bajya bajya bakahicara ndetse bakahibukira Jenoside yakorewe Abatutsi n’inzira banyujijwe bajyanwa kwicirwa kuri uyu mugezi wa Nyabarongo ari naho baroshywe, bajugunywe.

Mu gusubiza iki cyifuzo cy’Abanyarugalika, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Niyongira Uzziel ari nawe wari umushyitsi mukuru yagize ati“ Ku kijyanye n’ibimenyetsi by’Amateka kuri Nyabarongo, aha ngaha turi muri Kigese na Masaka, Design(igishushanyo) yaremejwe na MINUBUMWE yarabitubwiye, rero tuzabinoza tubiganire, tujye inama uburyo bizakorwamo ndetse na MINUBUMWE tuzayifashisha kugira ngo tubyumvikaneho uburyo byakorwa neza”.

Kuri iki cyifuzo cy’Abanyarugalika cyo gufashwa kujya bibukira kuri Nyabarongo, umunyamakuru wa intyoza.com yakigarutseho abaza Visi Meya Uzziel Niyongira icyo nk’Akarere bagiye gukora n’icyizere baha abaturage.

Mu gusubiza, yabanje kugira, ati“ Rugalika ni Umurenge dushima, ufite uburyo ugenda ukurikiza amateka ya buri gace bityo n’uburyo bwo kwibuka bakagenda babijyanisha n’aho ngaho. Ni uburyo bwiza rero bwo kugira ngo abantu bibuke ariko bajyanisha n’amateka yabaye muri ako gace mu gihe cya Jenoside yakorerwaga Abatutsi”.

Akomeza ati“ Nk’uko babivuze, barasaba y’uko hajyaho ikimenyetso cy’amateka kuri Nyabarongo, ibyo rero umurongo washyizweho ni ukubiganira hakumvikanwa aho cyajya icyo kimenyetso, tugiye inama ari Akarere, ari na MINUBUMWE tugafatanya kugira ngo ibyo bimenyetso bijyeho ariko n’uburyo bwo kuzakomeza kubibungabunga buzabe bworoshye bityo bizarambe. Bizakorwa ariko mu buryo buhaweho umurongo”. Akomeza avuga ko mu Kwibuka32 ku bufatanye na MINUBUMWE bizaba byarakozwe.

Kayiranga Wellars.

Kayiranga Wellars, umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ba Rugalika yabwiye intyoza.com ko Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ba Rugalika bafitanye amateka akomeye n’umugezi wa Nyabarongo by’umwihariko ku itariki ya 12 Mata kuko icyo gihe muri 1994 hashorewe Abatutsi barenga 200 bajya kuhabicira ari naho babajugunye.

Akomeza ati“ Mu by’ukuri rero, urwo rugendo babajyanaga babacunaguza, bababwira mwihute ukagira ngo bari bugarukane, mwihute icyo bavugaga ni ukugira ngo bakunagemo bagaruke bajye gushaka n’abandi!. Ubushobozi bubonetse icyo gikorwa kigakorwa byaba byiza cyane kuko uriya mugezi ubitse Abanyarugalika benshi cyane kandi n’Abanyarwanda muri rusange”.

Uretse kuba icyifuzo cyo kuba Abanyarugalika bazafashwa mu gushyiraho ikimenyetso cy’amateka kuri Nyabarongo ndetse bakazajya bahibukira, Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwanabijeje ko hari kurebwa uburyo Abarokotse Jenoside batishoboye bafite inzu zashaje cyane zasanwa bityo bagatura ahantu heza hajyanye n’igihe.


Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga