• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Kamonyi-Kwibuka31: Ubuhamya bw’Uwarokotse si inzira y’Umusaraba, ni inzira ya Jenoside-Minisitiri Dr Bizimana

Umwanditsi
April 26, 2025

Mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda by’umwihariko mu yahoze ari Komine Mugina, ubu ni mu Murenge wa Mugina ho mu karere ka Kamonyi, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu(MINUBUMWE), Dr Jean Damascène Bizimana, yabwiye abitabiriye Kwibuka by’umwihariko abatanga ubuhamya ku mateka banyuzemo, ko ntawe ukwiye kuvuga ko ubwo buhamya ari inzira y’Umusaraba, ko ahubwo ari Inzira ya Jenoside.

Dr Jean Damascène Bizimana yabanje kubwira abaje Kwibuka ko rimwe mu mahamwe ya Jenoside ari uko“ Iyo Ubutegetsi buriho butabishatse, Jenoside ntitegurwa kandi Jenoside ntiba”. Akomeza avuga ko iryo ariryo hame kuko Jenoside ibaho kuko umugambi wo kwica itsinda, ikiciro cy’abantu bazizwa ubwoko bwabo akenshi Leta iba iwushyigikiye cyangwa se ari nayo yawuteguye.

Ahamya kandi ko ibyo ari nako byagenze ku Batutsi bo mu Rwanda kuva kuri Leta ya Kayibanda kugeza kuri Leta ya Habyarimana na MRND ye kuko aribo bateguye umugambi wo gutsemba Abatutsi mu Rwanda mu myaka igera kuri 35, uhereye mu 1959 kugera ku ndunduro yayo mu 1994.

Kuri uyu wa 26 Mata, nibwo Mugina bibuka. Hashyinguwe mu cyubahiro imibiri y’Abatutsi 10 yabonetse.

Minisitiri Dr Jean Damascène Bizimana, avuga ku batanga Ubuhamya bw’inzira banyuzemo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, bakavuga ko ari inzira y’Umusaraba, yababwiye ati“ Ntabwo ari inzira y’Umusaraba, ni inzira ya Jenoside. Nyise inzira ya Jenoside kuko iy’Umusaraba yo buriya Yezu yari yarayihisemo, Imana yamwohereje kugira ngo aze kurokora abantu ku bushake, ariko Abatutsi ntabwo bigeze bahitamo kwicwa rubi”. Yakomeje yibutsa ko Kwibuka ari umwanya mwiza wo gusubiza icyubahuro Abatutsi bishwe nabi.

Minisitiri Dr Jean Damascène Bizimana, yasabye abafite intege nke zishingiye kuri aya Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi gukomera, ababwira ko ibyo byarangiye, ko kandi igihe gihari ubu ari icyo gukomera no kwiyubaka, ko nta mpamvu yo guhungabana.

Yibukije kandi ko Umwanya wo Kwibuka no gushyingura Imibiri iba yabonetse, ikinini kirimo ari umwanya wo kumva Indangagaciro zaranze abishwe, abo aribo, uko babayeho, icyabarangaga ari nacyo aho bari bifuza. Yasabye ko ibyo byajya byibukwa mu bihe nk’ibi kuko ahenshi ngo babyibagirwa.

Yavuze kandi ko ntawe bikwiye gutangaza ku kuba hari imibiri itaraboneka kuko ngo ubugome bwakoreshejwe mu kwica Abatutsi, ababishe ubwabo batarakira ngo batinyuke kuvuga ukuri kuko ukuri kuvugwa n’uwamaze kumenya ububi bw’Ubugome yakoze.

Hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 10 yabonetse. Yiyongera ku yari isanzwe iruhukiye muri uru rwibutso rwa Mugina.

Yagize, Ati“ Hari rero abatarabikira, abo rero batarabikira ni nabo batababwira ayo makuru, nti bikabahungabanye, nti bikababuze kwiyubaka, uko imibiri izajya iboneka izajya ishyingurwa”.

Urwibutso rwa Mugina, ruri mu nzibutso 3 z’Akarere ka Kamonyi arizo; urwa Bunyonga ruherereye mu Murenge wa Karama, urwa Kibuza ruherereye mu Murenge wa Gacurabwenge, ndetse n’uru rwa Mugina rushyinguyemo Imibiri 59,225 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.


Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga