• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
21/12/25
Umuyobozi wa Polisi, IGP, CG Felix Namuhoranye ntiyumva uburyo Akarere gatwara imodoka yahembwe Umurenge
21/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
21/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
21/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo

Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge

Umwanditsi
May 8, 2025

Mu mukwabu(Operasiyo) yakozwe na Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi kuri uyu wa 07 Gicurasi 2025 ahagana ku I saa tanu z’amanywa, mu Mudugudu wa Nyagacyamo, Akagari ka Muganza, Umurenge wa Runda ho mu Karere ka Kamonyi hafatiwe Abasore babiri bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge. Bafatanywe ibiro by’urumugi bisaga bitanu(5kg).

Ku bufatanye bw’abaturage bahaye amakuru Polisi ikorera mu karere ka Kamonyi, hakozwe umukwabu hafatwa umusore w’imyaka 28 y’amavuko. Yafatanywe ibiro bitanu by’ikiyobyabwenge cy’urumogi, mugenzi we afatanwa udupfunyika 4 tunini twarwo na kamwe gatoya.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yabwiye intyoza.com ko Polisi itazihanganira uwo ariwe wese wishora mu bucuruzi n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge nk’Urumogi ndetse n’ibindi bikorwa bitemewe n’amategeko.

Ashimira abaturage ubufatanye bakomeje kuyigaragariza batanga amakuru atuma abakora ibinyuranije n’amategeko bafatwa bagashyikirozwa amategeko. Ashimangira ko ubu bufatanye bw’abaturage mu guha Polisi amakuru ari ingenzi cyane mu gukumira no kurwanya ibyaha.

SP Emmanuel Habiyaremye, araburira uwo ariwe wese wumva ko yashakira imibereho mu gukora ibyaha, amubwira ko ari mu murongo mubi, ko icyaba cyiza ari ukubivamo hakiri kare agakora imirimo yemewe n’amategeko kuko bitabaye ibyo nka Polisi nta gahenge izaha abameze batyo, ko izabahiga aho bari hose ikabashyikiriza amategeko akabakanira urubakwiye.

Aba bafashwe uko ari babiri, bahise bajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Runda kugira ngo bakorerwe Dosiye, bashyikirizwe amategeko akore akazi kayo.
Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5929 Posts

Politiki

4178 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga