• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/26
Runda: Abanyerondo 270 barimo Abagore 13 bambitswe impuzankano(Uniform)nshya, basabwa kudakangwa n’Abanyabyaha
09/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO
09/05/26
Musambira-Kwibuka32: Guha uwishwe Uburuhukiro bwa nyuma ni intambwe ikomeye mu komora ibikomere by’abakiriho- Benedata Zacharie/Ibuka
09/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: The Brothers F.C yatsinze Arsenal 3-2 mu mukino wo Kwibuka abari Abasiporutifu

Kamonyi-Rukoma: Umurambo w’umugabo wasanzwe umanitse mu kiraro cy’ingurube

Umwanditsi
May 26, 2025

Muri iki gitondo cyo kuri uyu wa 26 Gicurasi 2025 ahagana ku i saa 6h30 mu Mudugudu wa Uwingando, Akagari ka Murehe, Umurenge wa Rukoma ho mu Karere ka Kamonyi habonetse umurambo w’umugabo witwa Nshimiyimana Pierre Celestin w’imyaka 40 y’amavuko. Yabonywe amanitse mu mugozi mu kiraro cyahoze kibamo ingurube.

Amakuru intyoza.com ikesha bamwe mu baturage baturiye ahasanzwe uyu murambo, bavuga ko uyu nyakwigendera afite urugo mu murenge wa Ngamba, Akagari ka Kabuga, Umudugudu wa Raro, aho afite umugore w’isezerano babanaga, ariko akaba yazaga muri uru rugo rwo ku Murehe kuhasambana.

Uretse kuba uyu murambo wasanzwe muri uru rugo yazaga gusambana mo, binavugwa ko hari n’urundi rugo hafi aho rurimo umugore nawe bajyaga bakemurirana ibibazo by’umubiri( basambana).

Uru rugo uyu Nyakwigendera yazaga gusambana mo, amakuru intyoza.com ifite ni uko umugabo nyirarwo yasaga n’uwatandukanye n’umugore we ariko mu buryo butanyuze mu mategeko. Biranavugwa ko ngo yari aherutse kuhaza ahasanga uyu Nyakwigendera yarutashye.

Amakuru kandi agera ku intyoza.com ni ay’uko kuri iki cyumweru Tariki 25 Gicurasi 2025 uyu Nyakwigendera yari muri aka gace mu kabari k’uwitwa Nyandwi asangira inzoga n’abagore bane barimo abo babiri b’abasambane be.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma, Mandera Innocent yabwiye intyoza.com ko amakuru y’urupfu rw’uyu mugabo wasanzwe amanitse mu mugozi mu kiraro cyabagamo ingurube bayamenye, ko kandi nk’Ubuyobozi bahageze ndetse n’inzego z’umutekano zirimo RIB na Polisi zikaba zahageze.

Abaturage bahazindukiye ari benshi kumva no kwihera amaso.

Amakuru intyoza.com ifite kugera twandika iyi nkuru ni uko abantu batatu barimo nyirakabari ndetse abagore babiri muri bane basangiraga na Nyakwigendera bose bamaze gutabwa muri yombi.
Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5960 Posts

Politiki

4208 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1051 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga