• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
07/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
07/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye
07/07/25
Kamonyi: Abanyarugalika bizihije umunsi wo Kwibohora bashimangira uruhare rwabo mu bikorwa by’iterambere
07/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro

Kamonyi: Perezida wa Njyanama y’Akarere yasabye Abajyanama kwibuka ko bafitanye Igihango n’Abaturage

Umwanditsi
May 28, 2025

Nyoni Lambert, Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi kuri uyu wa 27 Gicurasi 2025 mu nteko y’Abaturage yateraniye mu isantere y’Ubucuruzi ya Gihara, Umurenge wa Runda, yasabye bagenzi be kwibuka Igihango bafitanye n’Abaturage. Yabasabye kandi kubaha umwanya bakabegera, bakumva ibibazo byabo ndetse bakabagira inama ku byerekeye iterambere ndetse no ku buzima bwabo bwite, bakabafasha mu rugendo rubaganisha aheza habubaka kandi hubaka Igihugu.

Nyoni Lambert, avuga ko iki ari icyumweru cy’Umujyanama bapanga buri mwaka, aho buri mujyanama yegera abaturage akaganira nabo, akabumva ndetse akabafasha gushaka ibisubizo by’ibibazo bihari.

Avuga kandi ko iki ari icyumweru kigizwe n’ibikorwa bitandukanye bigaragaza ubufatanye bw’abagize inama Njyanama y’Akarere mu bikorwa by’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.

Perezida Nyoni Lambert/Njyanama Kamonyi.

Akomeza avuga ko mu busanzwe muri njyanama hari amakomisiyo atandukanye kandi buri yose ikagira igihe imanuka ikegera abaturage hagamijwe kubumva no gufatanya nabo gushaka ibisubizo by’ibibazo bibangamiye imibereho myiza yabo.

Ashimangira ko kuri iyi nshuro, bose gahunda ari ukumanuka bagahura n’abaturage atari Komisiyo ubwayo imanutse, ahubwo bose hamwe mu mujyo wo kuganira n’abaturage bagamije kumenyana no kumva impumeko yabo.

Nyoni Lambert, avuga ku bibazo nk’abagize Njyanama bakunda guhura nabyo mu baturage, yavuze ko ibyinshi ari ibibazo by’amakimbirane mu miryango ashingiye ahanini ku butaka, ibibazo by’ibikorwa remezo bitandukanye baba bifuza ko byashakirwa ibisubizo n’ibindi.

Abaturage mu nteko i Gihara bari bitabiriye.

Nubwo Njyanama itagira ingengo y’imari iyifasha mu gukemura ibibazo bagezwaho biba bisaba amikoro, Perezida wa Njyanama, Nyoni Lambert avuga ko iyo bagejejweho ibibazo bakemura ibigomba gukemurwa, ibisaba ubundi bushobozi bakabiha abo bireba kandi bagakurikirana ko byakemutse.

Gusa na none avuga ko ibibazo byose bidakemurwa n’Amafaranga, ko ahubwo hari n’ibiba bisaba kuganira bigahabwa umurongo, hakaba n’ubwo basanga uwari ufite ikibazo yari anagifitiye igisubizo ahubwo atarabonye uwo abwira ngo amutege amatwi, amufashe kugera ku bisubizo bikwiye.

Ashimangira ko nka Njyanama aribo batora cyangwa bemeza ingengo y’imari y’akarere, ko kandi mu kuyitora bayemeza bagendera ku byifuzo by’ibyo bagejejweho n’abaturage n’ibindi babona bikenewe hagendewe ku murongo wa Politiki y’Igihugu.

Nyoni Lambert, yasabye abaturage ndetse n’inzego zibanze zibegereye kuva ku muco wa duhishirane utuma rimwe na rimwe hari ibibazo bidakemurirwa igihe ahubwo bikazamenyekana byararenze igaruriro cyangwa se n’inzira zo kubikemura zigoye kurusha uko byakabaye byarakozwe hakiri kare. Yabwiye abaturage ko Njyanama ihari ku bw’umuturage, ko badakwiye kwihererana ibibazo bafite kandi abo kubafasha kubishakira ibisubizo bahari.
Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5830 Posts

Politiki

4081 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga